issa
CAF yafatiye ibihano ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Senegal na Marocco

CAF yafatiye ibihano ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Senegal na Marocco

Jan 29, 2026 - 10:05
 0

Komisiyo Ishinzwe Imyitwarire mu Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yafatiye ibihano Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Senegal (FSF), Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Marocco (FRMF), abakinnyi n’abayobozi bamwe, kubera ibyabaye mu mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika, binyuranyije n’Amategeko ngengamyitwarire ya CAF.


Ibihano byafatiwe ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru wa Senegal (FSF)

Komisiyo ya CAF yafashe imyanzuro irimo guhana Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Senegal (FSF), aho hemejwe ihagarikwa ry’umutoza mukuru w’Ikipe y’Igihugu ya Senegal, Pape Bouna Thiaw, imikino itanu ya CAF kubera imyitwarire idahwitse inyuranyije n’amahame ya ‘fair-play’ n’ubunyangamugayo, ndetse no gutesha agaciro umupira w’amaguru. Uyu mutoza yanaciwe ihazabu ingana n’ibihumbi 100 by’amadorari.

Hahagaritswe kandi umukinnyi Iliman Cheikh Ndiaye imikino ibiri ya CAF ku mugaragaro, kubera imyitwarire idahwitse yagaragarije umusifuzi. Guhagarika umukinnyi Ismaila Sarr imikino ibiri ya CAF, kubera imyitwarire idahwitse yagaragarije umusifuzi. Senegal kandi yaciwe ihazabu y’Amadolari 300,000, kubera imyitwarire mibi y’abafana bayo yatesheje agaciro umupira w’amaguru, binyuranyije n’amahame ya ‘fair-play’ n’ubunyangamugayo.

FSF kandi yaciwe ihazabu y’Amadolari 300,000, kubera imyitwarire idahwitse y’abakinnyi n’abakozi ba tekiniki, inyuranyije n’amahame ya fair-play, ubudahemuka n’ubunyangamugayo, bityo bigatesha agaciro umupira w’amaguru. Ndetse kandi yaciwe ihazabu y’Amadolari 15,000, kubera amakosa y’ikipe y’Igihugu, aho abakinnyi batanu 5 bahawe amakarita y’umuhondo.

Ku buijyanye n’ibihano byafatiwe ishyirahamwe ryo muri Marocco

Ibihano bijyanye n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Marocco (FRMF), Komisiyo ya CAF yafashe imyanzuro yo guhagarika umukinnyi Achraf Hakimi imikino ibiri ya CAF, ariko umukino umwe uhagarikwa by’agateganyo mu gihe cy’umwaka umwe uhereye ku itariki y’iki cyemezo, kubera imyitwarire idahwitse.

Hahagaritswe kandi umukinnyi Ismaël Saibari imikino itatu ya CAF, kubera imyitwarire idahwitse. Marocco yanaciwe kandi ihazabu y’Amadolari 100,000, ihazabu y’Amadolari 200,000, kubera imyitwarire idakwiye y’abahungu batangaga imipira (ball boys) kuri sitade muri uwo mukino.

FRMF yaciwe nanone ihazabu y’Amadolari 100,000, kubera imyitwarire idahwitse y’abakinnyi n’abakozi ba tekiniki b’Ikipe y’Igihugu ya Marocco, binjiye mu gace ka VAR bagahagarika akazi k’abasifuzi, binyuranyije n’amahame ya ‘fair-play’ n’ubunyangamugayo, nk’uko biteganywa mu ngingo ya 82 n’iya 83 z’Amategeko Ngengamyitwarire ya CAF. FRMF yanaciwe ihazabu y’Amadolari 15,000, kubera gukoresha lazeri (urumuri rukomeye) n’abafana bayo muri uwo mukino.

Ku bijyanye n’ibirego byatanzwe n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Marocco (FRMF)

Ku birego byatanzwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Marocco (FRMF), byashinjaga Ishyirahamwe ryo muri Senegal (FSF) kurenga ku ngingo ya 82 n’iya 84 z’Amategeko agenga Igikombe cya Afurika, Komisiyo ya CAF yatesheje agaciro ikirego cya FRMF, ivuga ko nta shingiro gifite ku byavugwaga ko FSF yarengereye ku ngingo ya 82 n’iya 84 z’Amategeko agenga igikombe cya Afurika, bijyanye n’umukino wa nyuma wa CAF AFCON Marocco 2025.

Gueye extra time stunner hands Senegal TotalEnergies CAF AFCON 2025 titleSenegal niyo yegukanye iki gikombe cy'Afurika itsinze ikipe y'igihugu ya Marocco

 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

CAF yafatiye ibihano ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Senegal na Marocco

Jan 29, 2026 - 10:05
Jan 29, 2026 - 10:09
 0
CAF yafatiye ibihano ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Senegal na Marocco

Komisiyo Ishinzwe Imyitwarire mu Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yafatiye ibihano Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Senegal (FSF), Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Marocco (FRMF), abakinnyi n’abayobozi bamwe, kubera ibyabaye mu mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika, binyuranyije n’Amategeko ngengamyitwarire ya CAF.


Ibihano byafatiwe ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru wa Senegal (FSF)

Komisiyo ya CAF yafashe imyanzuro irimo guhana Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Senegal (FSF), aho hemejwe ihagarikwa ry’umutoza mukuru w’Ikipe y’Igihugu ya Senegal, Pape Bouna Thiaw, imikino itanu ya CAF kubera imyitwarire idahwitse inyuranyije n’amahame ya ‘fair-play’ n’ubunyangamugayo, ndetse no gutesha agaciro umupira w’amaguru. Uyu mutoza yanaciwe ihazabu ingana n’ibihumbi 100 by’amadorari.

Hahagaritswe kandi umukinnyi Iliman Cheikh Ndiaye imikino ibiri ya CAF ku mugaragaro, kubera imyitwarire idahwitse yagaragarije umusifuzi. Guhagarika umukinnyi Ismaila Sarr imikino ibiri ya CAF, kubera imyitwarire idahwitse yagaragarije umusifuzi. Senegal kandi yaciwe ihazabu y’Amadolari 300,000, kubera imyitwarire mibi y’abafana bayo yatesheje agaciro umupira w’amaguru, binyuranyije n’amahame ya ‘fair-play’ n’ubunyangamugayo.

FSF kandi yaciwe ihazabu y’Amadolari 300,000, kubera imyitwarire idahwitse y’abakinnyi n’abakozi ba tekiniki, inyuranyije n’amahame ya fair-play, ubudahemuka n’ubunyangamugayo, bityo bigatesha agaciro umupira w’amaguru. Ndetse kandi yaciwe ihazabu y’Amadolari 15,000, kubera amakosa y’ikipe y’Igihugu, aho abakinnyi batanu 5 bahawe amakarita y’umuhondo.

Ku buijyanye n’ibihano byafatiwe ishyirahamwe ryo muri Marocco

Ibihano bijyanye n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Marocco (FRMF), Komisiyo ya CAF yafashe imyanzuro yo guhagarika umukinnyi Achraf Hakimi imikino ibiri ya CAF, ariko umukino umwe uhagarikwa by’agateganyo mu gihe cy’umwaka umwe uhereye ku itariki y’iki cyemezo, kubera imyitwarire idahwitse.

Hahagaritswe kandi umukinnyi Ismaël Saibari imikino itatu ya CAF, kubera imyitwarire idahwitse. Marocco yanaciwe kandi ihazabu y’Amadolari 100,000, ihazabu y’Amadolari 200,000, kubera imyitwarire idakwiye y’abahungu batangaga imipira (ball boys) kuri sitade muri uwo mukino.

FRMF yaciwe nanone ihazabu y’Amadolari 100,000, kubera imyitwarire idahwitse y’abakinnyi n’abakozi ba tekiniki b’Ikipe y’Igihugu ya Marocco, binjiye mu gace ka VAR bagahagarika akazi k’abasifuzi, binyuranyije n’amahame ya ‘fair-play’ n’ubunyangamugayo, nk’uko biteganywa mu ngingo ya 82 n’iya 83 z’Amategeko Ngengamyitwarire ya CAF. FRMF yanaciwe ihazabu y’Amadolari 15,000, kubera gukoresha lazeri (urumuri rukomeye) n’abafana bayo muri uwo mukino.

Ku bijyanye n’ibirego byatanzwe n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Marocco (FRMF)

Ku birego byatanzwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Marocco (FRMF), byashinjaga Ishyirahamwe ryo muri Senegal (FSF) kurenga ku ngingo ya 82 n’iya 84 z’Amategeko agenga Igikombe cya Afurika, Komisiyo ya CAF yatesheje agaciro ikirego cya FRMF, ivuga ko nta shingiro gifite ku byavugwaga ko FSF yarengereye ku ngingo ya 82 n’iya 84 z’Amategeko agenga igikombe cya Afurika, bijyanye n’umukino wa nyuma wa CAF AFCON Marocco 2025.

Gueye extra time stunner hands Senegal TotalEnergies CAF AFCON 2025 titleSenegal niyo yegukanye iki gikombe cy'Afurika itsinze ikipe y'igihugu ya Marocco