issa
Al Shabab yagabye igitero gikomeye kuri gereza y’ubutasi i Mogadishu

Al Shabab yagabye igitero gikomeye kuri gereza y’ubutasi i Mogadishu

Oct 5, 2025 - 08:57
 0

Kuri uyu wa Gatandatu, mu murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu, habaye igitero gikomeye cyagabwe n’abarwanyi ba Al Shabab kuri gereza irinzwe cyane yo munsi y’ubutaka y’urwego rw’ubutasi rwa Somalia (NISA), izwi nka Godka Jilacow.


Nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru mpuzamahanga birimo Reuters, iyo gereza iri hafi y’ingoro ya Perezida wa Somalia, kandi ifungiwemo abarwanyi ba Al Shabab bafashwe kuva mu 2007, igihe uyu mutwe watangizaga ibikorwa byawo by’iterabwoba muri icyo gihugu.

Amakuru ava mu nzego z’umutekano avuga ko igitero cyatangijwe n’imodoka itezemo bombe, yari yiyoberanyije nk’iy’urwego rw’ubutasi, igamije gusenya amarembo y’ikigo kugira ngo abandi barwanyi babashe kwinjira.

Abaturage batuye hafi y’icyo kigo bavuze ko igisasu gikomeye cyaturitse, hakurikiraho urusaku rw’amasasu menshi, umwotsi mwinshi ugaragara hejuru y’umurwa mukuru. Hashize iminota mike, ingabo za Leta ya Somalia zahise zigera aho habereye igitero kugira ngo zihagarike abarwanyi bari barimo kugerageza kwinjira muri gereza.

Nyuma y’amasaha make, umutwe wa Al Shabab wabitangaje nk’intsinzi, uvuga ko abarwanyi bawo bakoze igitero cy’imbere n’icyo hanze cyakoreshejwemo igisasu giteze mu modoka n’amasasu, kandi ko bafashe bamwe mu basirikare ba Leta nubwo ibi bitaremezwa n’inzego z’ubutegetsi bwa Somalia.

Ingabo za Somalia zimaze imyaka irenga 15 zirwana n’umutwe wa Al Shabab, ugamije guhirika ubutegetsi no gushyiraho Leta igendera ku mategeko ya Sharia.

Mu mezi make ashize, Al Shabab yongeye kugarura imbaraga, ifata bimwe mu bice byo mu majyepfo no hagati ya Somalia yari yaratsinzwe n’ingabo za Leta n’iz’umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe (ATMIS).

Kugeza ubu, nta mibare y’abahasize ubuzima cyangwa abakomeretse yatangajwe ku mugaragaro, ariko abasesenguzi bavuga ko iki gitero kigaragaza ubushobozi n’ubukana Al Shabab igifite, n’ubwo Leta ya Somalia ivuga ko iri mu rugendo rwo guhashya iterabwoba burundu.

Al Shabab yagabye igitero gikomeye kuri gereza y’ubutasi i Mogadishu

Oct 5, 2025 - 08:57
Oct 5, 2025 - 09:10
 0
Al Shabab yagabye igitero gikomeye kuri gereza y’ubutasi i Mogadishu

Kuri uyu wa Gatandatu, mu murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu, habaye igitero gikomeye cyagabwe n’abarwanyi ba Al Shabab kuri gereza irinzwe cyane yo munsi y’ubutaka y’urwego rw’ubutasi rwa Somalia (NISA), izwi nka Godka Jilacow.


Nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru mpuzamahanga birimo Reuters, iyo gereza iri hafi y’ingoro ya Perezida wa Somalia, kandi ifungiwemo abarwanyi ba Al Shabab bafashwe kuva mu 2007, igihe uyu mutwe watangizaga ibikorwa byawo by’iterabwoba muri icyo gihugu.

Amakuru ava mu nzego z’umutekano avuga ko igitero cyatangijwe n’imodoka itezemo bombe, yari yiyoberanyije nk’iy’urwego rw’ubutasi, igamije gusenya amarembo y’ikigo kugira ngo abandi barwanyi babashe kwinjira.

Abaturage batuye hafi y’icyo kigo bavuze ko igisasu gikomeye cyaturitse, hakurikiraho urusaku rw’amasasu menshi, umwotsi mwinshi ugaragara hejuru y’umurwa mukuru. Hashize iminota mike, ingabo za Leta ya Somalia zahise zigera aho habereye igitero kugira ngo zihagarike abarwanyi bari barimo kugerageza kwinjira muri gereza.

Nyuma y’amasaha make, umutwe wa Al Shabab wabitangaje nk’intsinzi, uvuga ko abarwanyi bawo bakoze igitero cy’imbere n’icyo hanze cyakoreshejwemo igisasu giteze mu modoka n’amasasu, kandi ko bafashe bamwe mu basirikare ba Leta nubwo ibi bitaremezwa n’inzego z’ubutegetsi bwa Somalia.

Ingabo za Somalia zimaze imyaka irenga 15 zirwana n’umutwe wa Al Shabab, ugamije guhirika ubutegetsi no gushyiraho Leta igendera ku mategeko ya Sharia.

Mu mezi make ashize, Al Shabab yongeye kugarura imbaraga, ifata bimwe mu bice byo mu majyepfo no hagati ya Somalia yari yaratsinzwe n’ingabo za Leta n’iz’umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe (ATMIS).

Kugeza ubu, nta mibare y’abahasize ubuzima cyangwa abakomeretse yatangajwe ku mugaragaro, ariko abasesenguzi bavuga ko iki gitero kigaragaza ubushobozi n’ubukana Al Shabab igifite, n’ubwo Leta ya Somalia ivuga ko iri mu rugendo rwo guhashya iterabwoba burundu.