Imirwano ikaze hagati ya M23 na FARDC! Bararwanira agace gakize cyane ku mabuye y’agaciro
Imirwano ikaze irakomeje muri Teritwari ya Shabunda, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho inyeshyamba zo mu ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) zikomeje guhangana n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zifatanyije n’imitwe y’abarwanyi b’abaturage izwi ku izina rya Wazalendo.
Nk’uko Radio Okapi yabitangaje, imirwano ikaze yabaye ku wa Mbere tariki ya 6 Ukwakira 2025, mu ishyamba rya Kibandamangobo, aho ingabo za Leta zagerageje kubuza inyeshyamba kugera ku biro bikuru bya Teritwari ya Shabunda, agace kazwiho gutunga umutungo kamere w’amabuye y’agaciro nka zahabu na gasegereti.
Imirwano yageze no mu bindi bice birimo Lubimbe, Lutunkulu na Mulambula, aho AFC/M23 ikomeje gushaka kwigarurira uturere twa Shabunda na Mwenga. Abaturage bo muri ibyo bice bavuga ko benshi batangiye guhunga kubera umutekano muke, abandi basahurwa n’abitwaje intwaro.
Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano avuga ko igice kinini cya Shabunda kiri mu maboko y’inyeshyamba nyuma y’uko zifashe ibice birimo Chulwe, Mwegerera, Lubuhu, Ikambi, na Luhago, ahafashwe nyuma y’ibitero byagabwe ku birindiro by’ingabo za Leta mu duce twa Kabare na Walungu.
Agace ka Shabunda kari gasanzwe kagenzurwa n’umutwe wa Wazalendo witwa Raïa Mutomboki, ariko ubu haravugwa imirwano hagati y’uyu mutwe n’inyeshyamba za AFC/M23. Abasesenguzi bavuga ko intambara irimo gufata indi ntera kubera akamaro k’ubutunzi kamere buhari.
Ibi byose bibaye mu gihe intumwa za Leta ya Congo ziri mu biganiro n’ihuriro AFC/M23 i Doha muri Qatar, mu rwego rwo gushaka umuti wa politiki kuri iyi ntambara imaze igihe irangwa mu Burasirazuba bwa Congo.


Kinyarwanda
English
Swahili









