M23 na FARDC baramukiye mu mirwano ikaze
Imirwano ikaze yongeye kubura mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 20 Ukwakira 2025, hagati y’inyeshyamba za AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, mu mujyi muto wa Nyabyondo uherereye muri Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko imirwano yatangiye mu masaha ya saa saba z’ijoro, ubwo inyeshyamba za Wazalendo, zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo, zagabaga ibitero ku birindiro bya M23 muri ako gace.
Abaturage batuye hafi y’ahabereye iyo mirwano bavuze ko mu rukerera humvikanye urusaku rw’amasasu n’intwaro ziremereye, bituma benshi bafata icyemezo cyo guhungira mu bice bituranye na Nyabyondo birimo Sake na Minova, abandi bakajya mu mashyamba.
Umwe mu baturage wahungiye i Sake yagize ati “Twasohotse mu ngo zacu nijoro ubwo twumvaga amasasu y’imbunda nini, turimo gushaka aho twahungira".
Inzego z’umutekano za Leta ya Kinshasa zatangaje ko ibitero biri gukorwa n’ingabo za Leta bigamije gusubiza mu maboko ya Leta umujyi wa Nyabyondo, umaze amezi arenga arindwi ugenzurwa n’umutwe wa M23 kuva muri Werurwe 2025.
Umuvugizi w’ingabo za Leta muri Kivu y’Amajyaruguru yatangaje ko “ibikorwa byo kubohora Nyabyondo biri mu rwego rwo kugarura ituze n’ubusugire bwa RDC”.
Kugeza ubu, nta mibare y’abahitanywe cyangwa inkomere yatangajwe, ariko imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ivuga ko abaturage bakomeje guhura n’ingaruka z’intambara zihejeje benshi mu buhungiro no mu bushobozi buke bwo kubona ibiribwa n’ubuvuzi.
Imirwano hagati ya M23 n’ingabo za Leta ikomeje gukaza umurego mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, aho imitwe yitwaje intwaro irenga 120 ikomeje guharanira kugenzura uduce dutandukanye tw’iyo ntara.


Kinyarwanda
English
Swahili









