issa
Imirwano ikaze yongeye kubura i Masisi! Abaturage batangiye guhunga

Imirwano ikaze yongeye kubura i Masisi! Abaturage batangiye guhunga

Apr 1, 2026 - 15:30
 0

Imirwano ikaze yongeye kubura mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 1 Mata, mu mujyi wa Shoa, uherereye mu Murenge wa Osso Banyungu, muri Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.


Iyi mirwano yahuje umutwe wa AFC/M23 n’inyeshyamba za Wazalendo, aho amakuru ava muri ako gace avuga ko urusaku rw’imbunda ziremereye n’izoroheje rwumvikanye kuva mu gitondo cya kare.

Abaturage batuye muri aka gace bavuga ko bari mu rujijo n’ubwoba bwinshi, bitewe n’iyi mirwano ikomeje gukaza umurego. Hari impungenge ko umutekano wabo ushobora kurushaho guhungabana mu gihe imirwano yaba ikomeje.

Nk’uko byatangajwe n’urubuga rwa ACTUALITE.CD,  ngo iki gitero cyagabwe n’inyeshyamba za AFC/M23 zigerageza kongera kugenzura ako gace k’ingenzi.

Amakuru kandi avuga ko iki gitero kiri mu rwego rw’ingamba zagutse z’uyu mutwe, zigamije kwagura agace ugenzura muri Teritwari ya Masisi.

Kugeza ubu, nta mibare iratangazwa ku bantu baba bahitanywe n’iyi mirwano cyangwa ibyangiritse. Icyakora, kongera kubura kw’imirwano byongeye gutera impungenge ko abaturage bashobora kongera guhunga ku bwinshi, mu gihe aka karere gasanzwe karugarijwe n’intambara z’urudaca.

 

Imirwano ikaze yongeye kubura i Masisi! Abaturage batangiye guhunga

Apr 1, 2026 - 15:30
Apr 1, 2026 - 15:34
 0
Imirwano ikaze yongeye kubura i Masisi! Abaturage batangiye guhunga

Imirwano ikaze yongeye kubura mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 1 Mata, mu mujyi wa Shoa, uherereye mu Murenge wa Osso Banyungu, muri Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.


Iyi mirwano yahuje umutwe wa AFC/M23 n’inyeshyamba za Wazalendo, aho amakuru ava muri ako gace avuga ko urusaku rw’imbunda ziremereye n’izoroheje rwumvikanye kuva mu gitondo cya kare.

Abaturage batuye muri aka gace bavuga ko bari mu rujijo n’ubwoba bwinshi, bitewe n’iyi mirwano ikomeje gukaza umurego. Hari impungenge ko umutekano wabo ushobora kurushaho guhungabana mu gihe imirwano yaba ikomeje.

Nk’uko byatangajwe n’urubuga rwa ACTUALITE.CD,  ngo iki gitero cyagabwe n’inyeshyamba za AFC/M23 zigerageza kongera kugenzura ako gace k’ingenzi.

Amakuru kandi avuga ko iki gitero kiri mu rwego rw’ingamba zagutse z’uyu mutwe, zigamije kwagura agace ugenzura muri Teritwari ya Masisi.

Kugeza ubu, nta mibare iratangazwa ku bantu baba bahitanywe n’iyi mirwano cyangwa ibyangiritse. Icyakora, kongera kubura kw’imirwano byongeye gutera impungenge ko abaturage bashobora kongera guhunga ku bwinshi, mu gihe aka karere gasanzwe karugarijwe n’intambara z’urudaca.