issa
M23 yamaze kugota imijyi ya Mwenga na Kamituga, Ingabo z'u Burundi ziraraswa umugenda

M23 yamaze kugota imijyi ya Mwenga na Kamituga, Ingabo z'u Burundi ziraraswa umugenda

Nov 28, 2025 - 16:33
 0

Amakuru ava ku mirongo y’urugamba muri Kivu y’Amajyepfo aremeza ko Ingabo za AFC/M23 zikomeje kwegera imijyi ya Mwenga na Kamituga, nyuma yo kwigarurira agace ka Kashaka kari hagati y’iyi mijyi yombi.


Amasoko atandukanye yo muri ako gace avuga ko gufata Kashaka ari intambwe ikomeye, kuko ari ahantu hafite ubusobanuro bukomeye mu birebana n’ingendo n’imirwano.

Kuri uyu wa Gatanu, zimwe mu ngabo za AFC/M23 zageze mu gace ka Kashaka, aka kakaba kari mu nzira yerekeza Mwenga-Centre ndetse kakaba gasanzwe kabamo inzira nyinshi zihuza utundi duce.

Andi makuru kandi aremeza ko kugira ngo AFC/M23 yinjire muri Mwenga-Centre bisaba gusa kwambuka umugezi wa Gashaka, ukunze kwitirirwa ahantu h’amasangano y’imihanda yerekeza mu bice bitandukanye bya Kivu y’Amajyepfo. Uvuye kuri uwo mugezi ugahita unyura Kabogoza ndetse n’umugezi wa Elira utandukanya Mwenga-Centre n’aho izi ngabo za M23 zigeze.

Hari kandi amakuru avuga ko umusozi wa Kigogo, uherereye muri ako gace, ufite akamaro gakomeye mu bya gisirikare, kuko uri hejuru ku buryo uwawufashe ashobora kuba afite ubushobozi bwo kurasa mu mujyi wa Mwenga akoresheje imbunda ziremereye. 

Uretse Kashaka, andi masoko atangaza ko ikindi gice cy'abasirikare ba AFC/M23 cyamaze kugera muri Centre ya Karambi, iri mu bilometero bitanu mu majyaruguru ya Mwenga. Ibi bituma AFC/M23 irushaho kwegera uyu mujyi urimo ingabo ziganjemo iza FARDC zifashijwe n’iz’Abarundi ndetse n’ibifaru byinshi byabo.

Kwinjira kwa AFC/M23 muri Kashaka byashyize ingabo za Leta mu ihurizo rikomeye, kuko inzira iva Mwenga ijya Kamituga ishobora gufungwa igihe icyo ari cyo cyose. Iyo nzira ni yo nkingi ikomeye y’ibinyabiziga n’ingabo zishaka guhunga cyangwa kwakira ubufasha.

Abasesenguzi bazi neza ako gace bavuga ko kuba AFC/M23 imaze kugera muri Kashaka, Karambi no mu misozi iyegereye, bituma ishobora kwinjira nta nkomyi mu duce twa Kamituga, Kakorokero, Fizi, Kilembwe, Lulimbi, Byongo na Kitutu, ibintu bishobora guhindura uko imirwano imeze muri Kivu y’Amajyepfo mu minsi iri imbere.

Uko ibintu bihagaze, AFC/M23 ikomeje gushyira igitutu gikomeye ku gace ka Mwenga, hari n'andi makuru avuga ko urugendo rwayo rwo kwegera umujyi wa Uvira rushobora gukomeza.

M23 yamaze kugota imijyi ya Mwenga na Kamituga, Ingabo z'u Burundi ziraraswa umugenda

Nov 28, 2025 - 16:33
 0
M23 yamaze kugota imijyi ya Mwenga na Kamituga, Ingabo z'u Burundi ziraraswa umugenda

Amakuru ava ku mirongo y’urugamba muri Kivu y’Amajyepfo aremeza ko Ingabo za AFC/M23 zikomeje kwegera imijyi ya Mwenga na Kamituga, nyuma yo kwigarurira agace ka Kashaka kari hagati y’iyi mijyi yombi.


Amasoko atandukanye yo muri ako gace avuga ko gufata Kashaka ari intambwe ikomeye, kuko ari ahantu hafite ubusobanuro bukomeye mu birebana n’ingendo n’imirwano.

Kuri uyu wa Gatanu, zimwe mu ngabo za AFC/M23 zageze mu gace ka Kashaka, aka kakaba kari mu nzira yerekeza Mwenga-Centre ndetse kakaba gasanzwe kabamo inzira nyinshi zihuza utundi duce.

Andi makuru kandi aremeza ko kugira ngo AFC/M23 yinjire muri Mwenga-Centre bisaba gusa kwambuka umugezi wa Gashaka, ukunze kwitirirwa ahantu h’amasangano y’imihanda yerekeza mu bice bitandukanye bya Kivu y’Amajyepfo. Uvuye kuri uwo mugezi ugahita unyura Kabogoza ndetse n’umugezi wa Elira utandukanya Mwenga-Centre n’aho izi ngabo za M23 zigeze.

Hari kandi amakuru avuga ko umusozi wa Kigogo, uherereye muri ako gace, ufite akamaro gakomeye mu bya gisirikare, kuko uri hejuru ku buryo uwawufashe ashobora kuba afite ubushobozi bwo kurasa mu mujyi wa Mwenga akoresheje imbunda ziremereye. 

Uretse Kashaka, andi masoko atangaza ko ikindi gice cy'abasirikare ba AFC/M23 cyamaze kugera muri Centre ya Karambi, iri mu bilometero bitanu mu majyaruguru ya Mwenga. Ibi bituma AFC/M23 irushaho kwegera uyu mujyi urimo ingabo ziganjemo iza FARDC zifashijwe n’iz’Abarundi ndetse n’ibifaru byinshi byabo.

Kwinjira kwa AFC/M23 muri Kashaka byashyize ingabo za Leta mu ihurizo rikomeye, kuko inzira iva Mwenga ijya Kamituga ishobora gufungwa igihe icyo ari cyo cyose. Iyo nzira ni yo nkingi ikomeye y’ibinyabiziga n’ingabo zishaka guhunga cyangwa kwakira ubufasha.

Abasesenguzi bazi neza ako gace bavuga ko kuba AFC/M23 imaze kugera muri Kashaka, Karambi no mu misozi iyegereye, bituma ishobora kwinjira nta nkomyi mu duce twa Kamituga, Kakorokero, Fizi, Kilembwe, Lulimbi, Byongo na Kitutu, ibintu bishobora guhindura uko imirwano imeze muri Kivu y’Amajyepfo mu minsi iri imbere.

Uko ibintu bihagaze, AFC/M23 ikomeje gushyira igitutu gikomeye ku gace ka Mwenga, hari n'andi makuru avuga ko urugendo rwayo rwo kwegera umujyi wa Uvira rushobora gukomeza.