issa
I Bujumbura habaye iturika ridasanzwe ryatumye abaturage bahunga

I Bujumbura habaye iturika ridasanzwe ryatumye abaturage bahunga

Mar 31, 2026 - 21:18
 0

Kuri uyu wa 31 Werurwe 2026 humvikanye urukurikirane rw’ibisasu rwakurikiwe n’umwotsi mwinshi rwateye ubwoba bukomeye mu mujyi wa Bujumbura, umurwa mukuru w’ubukungu w'u Burundi, bituma abaturage benshi bagira impungenge zikomeye.


Aya masasu yakomeje kumvikana mu gihe kirekire, ibintu byateje umutekano muke n’akaduruvayo mu bice bitandukanye by’umujyi. Abaturage bamwe bahise bahunga ingo zabo bashaka ubuhungiro, mu gihe abandi bagumye mu gihirahiro batazi icyakurikiraho.

Mu duce twegereye ahabereye ibi, hagaragaye imvururu zitandukanye zirimo n’impanuka zoroheje zo mu muhanda, aho abantu bihutiraga guhunga bagerageza kwirinda ingaruka z’ayo masasu.

Umuturage wo mu gace ka Kanyosha yagize ati: “Ngeze mu rugo nsanga abana banjye bahunze, sinzi aho bagiye,” agaragaza uko abaturage benshi bari mu gihirahiro n’ubwoba bukomeye.

Amakuru aturuka ku batuye hafi y’inkambi ya gisirikare izwi nka Camp Base avuga ko hari inzu zangiritse, mu gihe abandi baturage bahisemo guhungira mu bice by’umujyi batekereza ko bifite umutekano kurushaho. Ibice bya Kinanira III na IV nabyo byavuzweho kugwamo ibisigazwa by’ibisasu byangije bimwe mu bikorwa remezo n’ingo z’abaturage.

General de Brigade Gaspard Baratuza, umuvugizi w'igisirikare cy'Uburundi yabwiye BBC Gahuzamiryango ko "'depot' yagize ikibazo", mu kigo ca Camp 'Base'.

Mu butumwa bwanditse yagize ati: "Isanganya ikomeye y'amashanyarazi mu bubiko bw'ibirwanisho by'ingabo, FDNB, muri iyo nkambi iri muri zone Musaga".

Uku guturika kwabonetse kandi kukumvikana mu gihe cy'umwanya utari muto kwateye impagarara n'ubwoba muri iki gice cy'umurwa mukuru w'ubukungu w'Uburundi.

I Bujumbura habaye iturika ridasanzwe ryatumye abaturage bahunga

Mar 31, 2026 - 21:18
 0
I Bujumbura habaye iturika ridasanzwe ryatumye abaturage bahunga

Kuri uyu wa 31 Werurwe 2026 humvikanye urukurikirane rw’ibisasu rwakurikiwe n’umwotsi mwinshi rwateye ubwoba bukomeye mu mujyi wa Bujumbura, umurwa mukuru w’ubukungu w'u Burundi, bituma abaturage benshi bagira impungenge zikomeye.


Aya masasu yakomeje kumvikana mu gihe kirekire, ibintu byateje umutekano muke n’akaduruvayo mu bice bitandukanye by’umujyi. Abaturage bamwe bahise bahunga ingo zabo bashaka ubuhungiro, mu gihe abandi bagumye mu gihirahiro batazi icyakurikiraho.

Mu duce twegereye ahabereye ibi, hagaragaye imvururu zitandukanye zirimo n’impanuka zoroheje zo mu muhanda, aho abantu bihutiraga guhunga bagerageza kwirinda ingaruka z’ayo masasu.

Umuturage wo mu gace ka Kanyosha yagize ati: “Ngeze mu rugo nsanga abana banjye bahunze, sinzi aho bagiye,” agaragaza uko abaturage benshi bari mu gihirahiro n’ubwoba bukomeye.

Amakuru aturuka ku batuye hafi y’inkambi ya gisirikare izwi nka Camp Base avuga ko hari inzu zangiritse, mu gihe abandi baturage bahisemo guhungira mu bice by’umujyi batekereza ko bifite umutekano kurushaho. Ibice bya Kinanira III na IV nabyo byavuzweho kugwamo ibisigazwa by’ibisasu byangije bimwe mu bikorwa remezo n’ingo z’abaturage.

General de Brigade Gaspard Baratuza, umuvugizi w'igisirikare cy'Uburundi yabwiye BBC Gahuzamiryango ko "'depot' yagize ikibazo", mu kigo ca Camp 'Base'.

Mu butumwa bwanditse yagize ati: "Isanganya ikomeye y'amashanyarazi mu bubiko bw'ibirwanisho by'ingabo, FDNB, muri iyo nkambi iri muri zone Musaga".

Uku guturika kwabonetse kandi kukumvikana mu gihe cy'umwanya utari muto kwateye impagarara n'ubwoba muri iki gice cy'umurwa mukuru w'ubukungu w'Uburundi.