issa
RIB yerekanye abakurikiranyweho gusambanya abantu ku gahato

RIB yerekanye abakurikiranyweho gusambanya abantu ku gahato

Mar 10, 2026 - 13:54
 0

Ku wa 10 Werurwe 2026 Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abagabo babiri bakurikiranyweho ibyaha birimo kwambura abantu no kubasambanya ku gahato babashukishije kubaha akazi.


Ni igikorwa cyabereye ku cyicaro cya RIB ku Kimihurura. Kugeza ubu abamaze gutanga ibirego bashinja aba bagabo ni barindwi, barimo babiri basambanyirijwe mu ishyamba riri i Musha, mu gihe abandi basambanyirijwe mu Murenge wa Mwurire i Rwamagana.

Uko ari babibiri bakurikiranyweho ibyaha bitanu;gusambanya umwana, gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, kugera ku makuru hagambiriwe gukora icyaha, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya no gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi cyangwa kuwujyamo.

Umuvugizi w'Urwego wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yasabye abaturage gukomeza kuba maso no kugira amakenga mu byo bakora mu kwirinda ubushukanyi bw’uburyo butandukanye.

Yagize ati “Dusanga abantu bakwiye kujya bagira amakenga yo kwizera abantu batazi, bahuriye muri gare, bakajya ahantu batazi.”

Umuvugizi wa RIB Dr. Murangira B.Thierry yasabye abanyarwanda bose kugira amakenga kandi bagatanga amakuru mu gihe bahuye n'ubushukanyi cyangwa se ubutekamutwe.

RIB yerekanye abakurikiranyweho gusambanya abantu ku gahato

Mar 10, 2026 - 13:54
Mar 10, 2026 - 13:57
 0
RIB yerekanye abakurikiranyweho gusambanya abantu ku gahato

Ku wa 10 Werurwe 2026 Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abagabo babiri bakurikiranyweho ibyaha birimo kwambura abantu no kubasambanya ku gahato babashukishije kubaha akazi.


Ni igikorwa cyabereye ku cyicaro cya RIB ku Kimihurura. Kugeza ubu abamaze gutanga ibirego bashinja aba bagabo ni barindwi, barimo babiri basambanyirijwe mu ishyamba riri i Musha, mu gihe abandi basambanyirijwe mu Murenge wa Mwurire i Rwamagana.

Uko ari babibiri bakurikiranyweho ibyaha bitanu;gusambanya umwana, gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, kugera ku makuru hagambiriwe gukora icyaha, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya no gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi cyangwa kuwujyamo.

Umuvugizi w'Urwego wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yasabye abaturage gukomeza kuba maso no kugira amakenga mu byo bakora mu kwirinda ubushukanyi bw’uburyo butandukanye.

Yagize ati “Dusanga abantu bakwiye kujya bagira amakenga yo kwizera abantu batazi, bahuriye muri gare, bakajya ahantu batazi.”

Umuvugizi wa RIB Dr. Murangira B.Thierry yasabye abanyarwanda bose kugira amakenga kandi bagatanga amakuru mu gihe bahuye n'ubushukanyi cyangwa se ubutekamutwe.