issa
Abanyamakuru bakora ibiganiro by'imikino baburiwe (Video)

Abanyamakuru bakora ibiganiro by'imikino baburiwe (Video)

Mar 10, 2026 - 14:48
 0

Ku wa 10 Werurwe 2026 Umuvugizi w'Urwego rw'Ubugenzacyaha 'RIB' Dr. Murangira B.Thierry yakebuye abanyamakuru bakora ibiganiro by'imikino abasaba kurangwa n'ubupfura mu kazi kabo ka buri munsi.


Ni ibyagarutsweho mu kiganiro n'itangazamakuru cyabereye ku cyicaro ku Kimihurura ubwo yasobanuraga ko hari abanyamakuru baburiwe bihagije ku buryo igisigaye ari ukubaha gasopo ya nyuma.

Yagize ati"Mureke amatiku, musigeho guteza umwiryane, murangwe n’ubupfura mureke guhanganisha abafana".

Umuvugizi wa RIB Dr Murangira B.Thierry yasabye abanyamakuru bakora ibiganiro by'imikino gukundisha abanyarwanda imikino aho kubateza urujijo.

Yavuze ko rwose abantu badakwiriye gukoresha ibitangazamakuru nk'inkota y'amajyi abiri noneho bagafata ubujyi bukata bakibasira bagenzi babo.

Yanagarutse kuri Musangwamfura Lorenzo na Rugaju Reagan, abasaba kuba imfura no kurangwa n'ubunyangamugayo mu kazi kabo.Ati"Ntituzongera kubaburira. Iyi ni inshuro ya nyuma".

Umuvugizi wa RIB Dr Murangira B.Thierry yibukije abakora ibiganiro kumenya ko abo babwira ari abantu benshi bityo ko nta mpamvu yo kubaha ibidafite umumaro.

Abanyamakuru bakora ibiganiro by'imikino baburiwe (Video)

Mar 10, 2026 - 14:48
Mar 10, 2026 - 15:13
 0
Abanyamakuru bakora ibiganiro by'imikino baburiwe (Video)

Ku wa 10 Werurwe 2026 Umuvugizi w'Urwego rw'Ubugenzacyaha 'RIB' Dr. Murangira B.Thierry yakebuye abanyamakuru bakora ibiganiro by'imikino abasaba kurangwa n'ubupfura mu kazi kabo ka buri munsi.


Ni ibyagarutsweho mu kiganiro n'itangazamakuru cyabereye ku cyicaro ku Kimihurura ubwo yasobanuraga ko hari abanyamakuru baburiwe bihagije ku buryo igisigaye ari ukubaha gasopo ya nyuma.

Yagize ati"Mureke amatiku, musigeho guteza umwiryane, murangwe n’ubupfura mureke guhanganisha abafana".

Umuvugizi wa RIB Dr Murangira B.Thierry yasabye abanyamakuru bakora ibiganiro by'imikino gukundisha abanyarwanda imikino aho kubateza urujijo.

Yavuze ko rwose abantu badakwiriye gukoresha ibitangazamakuru nk'inkota y'amajyi abiri noneho bagafata ubujyi bukata bakibasira bagenzi babo.

Yanagarutse kuri Musangwamfura Lorenzo na Rugaju Reagan, abasaba kuba imfura no kurangwa n'ubunyangamugayo mu kazi kabo.Ati"Ntituzongera kubaburira. Iyi ni inshuro ya nyuma".

Umuvugizi wa RIB Dr Murangira B.Thierry yibukije abakora ibiganiro kumenya ko abo babwira ari abantu benshi bityo ko nta mpamvu yo kubaha ibidafite umumaro.