issa
M23 vs FARDC: Intambara yongeye kubura nyuma y’amasaha macye basinye amasezerano

M23 vs FARDC: Intambara yongeye kubura nyuma y’amasaha macye basinye amasezerano

Oct 15, 2025 - 13:33
 0

Ihuriro ry’inyeshyamba za AFC/M23 ryashinje ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kugaba ibitero bikomeye ku birindiro byaryo, nyuma y’amasaha make impande zombi zemeranyije gushyiraho urwego rw’igenzura ry’agahenge mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo.


Mu itangazo ryanyujijwe ku rubuga rwa X n’umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko ibyo bitero byagabwe n’indege za gisirikare za Leta ya Congo, bikibasira ahantu hatuwe n’abasivile ndetse n’ibirindiro by’iri huriro mu duce twa Kadasomwa, Lumbishi, Kasake, n’ahandi.

Itangazo rya Lawrence Kanyuka  riragira riti “Ihuriro AFC/M23 riramenyesha abenegihugu ndetse n’amahanga ko nk’uko bisanzwe bikorwa, ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa ryagabye ibitero by’indege bikomeye ku bice bituwemo n’abantu benshi ndetse no ku birindiro byacu… nyuma y’amasaha make hasinywe amasezerano y’agahenge yashyiriweho umukono i Doha ku wa 14 Ukwakira 2025”.

Uyu muvugizi yakomeje avuga ko Leta ya Kinshasa ikomeje ibikorwa byo gushoza intambara, bikagira ingaruka zikomeye ku buzima bw’abaturage b’abasivile ndetse no ku rugendo rwo gushaka amahoro mu karere k'Ibiyaga Bigari.

Aya makimbirane akomeje kugaruka mu gihe amahanga akomeje gushyira igitutu ku mpande zombi ngo zubahirize amasezerano agamije guhagarika imirwano, harimo n’ariya aherutse gusinyirwa i Doha muri Qatar.

Kugeza ubu, Leta ya Congo ntacyo iratangaza kuri ibi birego.

M23 vs FARDC: Intambara yongeye kubura nyuma y’amasaha macye basinye amasezerano

Oct 15, 2025 - 13:33
Oct 15, 2025 - 13:53
 0
M23 vs FARDC: Intambara yongeye kubura nyuma y’amasaha macye basinye amasezerano

Ihuriro ry’inyeshyamba za AFC/M23 ryashinje ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kugaba ibitero bikomeye ku birindiro byaryo, nyuma y’amasaha make impande zombi zemeranyije gushyiraho urwego rw’igenzura ry’agahenge mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo.


Mu itangazo ryanyujijwe ku rubuga rwa X n’umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko ibyo bitero byagabwe n’indege za gisirikare za Leta ya Congo, bikibasira ahantu hatuwe n’abasivile ndetse n’ibirindiro by’iri huriro mu duce twa Kadasomwa, Lumbishi, Kasake, n’ahandi.

Itangazo rya Lawrence Kanyuka  riragira riti “Ihuriro AFC/M23 riramenyesha abenegihugu ndetse n’amahanga ko nk’uko bisanzwe bikorwa, ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa ryagabye ibitero by’indege bikomeye ku bice bituwemo n’abantu benshi ndetse no ku birindiro byacu… nyuma y’amasaha make hasinywe amasezerano y’agahenge yashyiriweho umukono i Doha ku wa 14 Ukwakira 2025”.

Uyu muvugizi yakomeje avuga ko Leta ya Kinshasa ikomeje ibikorwa byo gushoza intambara, bikagira ingaruka zikomeye ku buzima bw’abaturage b’abasivile ndetse no ku rugendo rwo gushaka amahoro mu karere k'Ibiyaga Bigari.

Aya makimbirane akomeje kugaruka mu gihe amahanga akomeje gushyira igitutu ku mpande zombi ngo zubahirize amasezerano agamije guhagarika imirwano, harimo n’ariya aherutse gusinyirwa i Doha muri Qatar.

Kugeza ubu, Leta ya Congo ntacyo iratangaza kuri ibi birego.