Afurika y’Epfo: Abapolisi 12 bakuru batawe muri yombi bakekwaho ruswa n’uburiganya
Inzego zashyizweho kurwanya ruswa n'uburiganya muri Afurika y'Epfo zatangaje ko zataye muri yombi Abapolisi bakuru 12 bakekwaho kwaka ruswa no gutera ubwoba abaturage bitwaje ububasha bafite.
Abo bapolisi 12 kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Werurwe 2026, ni bwo bagejejwe imbere y'Urukiko mu mujyi wa Pretoria ahari kubera iburanisha ririmo kubarega ibyaha bashinjwa.
Nta gihe gishize Cyril Ramaphosa Perezida w'icyo gihugu cya Afurika y'Epfo akuye ku buyobozi uwari Minisitiri wa Polisi Senzo Mchunu nyuma yo kumushinja ruswa no kubuza bamwe ubuzima ku bushake yifashishije ububasha afite.
Inzego z'umutekano za Afurika y'Epfo zatangaje ko abo bapolisi bafashwe nyuma yo guha ububasha umushoramari bwo gukora nta byemezo bibimwemerera afite hamwe n'izindi nyandiko bafatanwe bagiye basinyisha abaturage babemerera amafaranga adafite icyo avuze.
Umushoramari witwa Vusimuzi “Cat” Matlala niwe uri inyuma y'ifatwa ry'abo bapolisi bitewe n'imikoranire ya hafi yari afitanye na Polisi, ubu uyu mugabo we afungiye muri gereza ikomeye ya Afurika y'Epfo itigeze itangazwa akaba yaratawe muri yombi ashinjwa gukorana n'inzego za Polisi guhimba ibinyoma bigamije kwambura abantu, n'ubwicanyi.
Ibi bibaye mu gihe icyo gihugu gikomeje iperereza mu nzego z'umutekano aho benshi bakomeje gutabwa muri yombi bashinjwa ruswa abandi bagashinjwa gukorana n'imitwe y'iterabwoba icyugarije igihugu.
Kugeza ubu Leta ya Afurika y'Epfo yatangaje ko ikomeje kudindizwa na bamwe mu bagize inzego z'umutekano ndetse ko ibyo bigikomeje gutiza umurindi imitwe y'iterabwoba icyugarije icyo gihugu ibintu iyo Leta ivuga ko ikomeje guhangana na byo.


Kinyarwanda
English
Swahili









