Abantu 9 bishwe n'abitwaje imbunda muri Afurika y'Epfo
Ku wa 21 Ukwakira 2025, nibura abantu icyenda bishwe mu iraswa ryabereye I Bekkersdal hafi ya Johannesburg, muri Afurika y’Epfo, nyuma y’uko abantu bitwaje imbunda barashe abaturage bari mu muhanda no hafi y’akabari.
Nk’uko Polisi ya Afurika y’Epfo yabitangaje, bamwe mu bahohotewe barashwe bitunguranye n’abantu bari bitwaje imbunda, bagabwaho igitero batiteguye. Polisi yavuze ko icyateye iri raswa kitaramenyekana kugeza ubu, kandi ko iperereza ryatangiye.
Abashinzwe umutekano babwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) ko ku ikubitiro bari batangaje ko abantu 10 bishwe, ariko nyuma baje kuvugurura umubare w’abahitanywe n’iri raswa, bemeza ko ari icyenda.
Iri raswa ryabereye i Bekkersdal, ahantu hazwiho ubukene, hafi y’akabari katemewe kari mu gace kegereye bimwe mu birombe bikomeye bya Afurika y’Epfo. Aka gace kari mu ntera ya kilometero zigera kuri 40 mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Johannesburg.
Amakuru ya Polisi agaragaza ko abagabye iki gitero bari mu modoka ebyiri, bakaba barashe ku bakiriya b’akabari mbere yo gukomeza kurasa uko babonye hose ubwo bahungaga bava aho. Uretse abahitanywe n’iri raswa, nibura abandi bantu 10 bakomeretse bikomeye, bahita bajyanwa mu bitaro bitandukanye kugira ngo bahabwe ubuvuzi bwihutirwa.
Polisi ya Afurika y’Epfo yatangaje ko igikorwa cyo gushakisha abagize uruhare muri iki gitero gikomeje, inasaba abaturage gutanga amakuru yose yafasha mu iperereza no mu gutahura icyaba cyateye uru rugomo.


Kinyarwanda
English
Swahili









