issa
Abakinnyi ba Arsenal FC bari bahamagawe mu makipe y’ibihugu ntabwo bazitabire ubutumire

Abakinnyi ba Arsenal FC bari bahamagawe mu makipe y’ibihugu ntabwo bazitabire ubutumire

Mar 24, 2026 - 00:07
 0

Abakinnyi batandatu ba Arsenal FC nibo bamaze kwemeza ko batazitabira imikino ya gishuti amakipe yabo y’ibihugu azakina muri iyi minsi. Aba bakinnyi barimo William Saliba wari wahamagawe mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa. 


Myugariro w’ikipe y’igihugu ya Brazil, Gabriel Magalhães, niwe mukinnyi  wa Arsenal FC uheruka gutangaza ko atazitabira ubutumire bw’ikipe y’igihugu irimo kwitegura imikino ya gishuti, aho bivugwa ko ari ukubera ikibazo cy’imvune.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Brazil (CBF) niryo ryatangaje ko Gabriel Magalhães atazitabira imikino ya gishuti izahuza Brazil n’u Bufaransa ndetse n’umukino bazakinamo na Croatia, izabera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Uyu musore biravugwa ko afite ububabare mu ivi rye ry’iburyo. Iri shyirahamwe ryavuze ko ibizamini by’ubuvuzi bamukoreye basanze koko afite ikibazo.

Gabriel Magalhães yakinnye iminota 90 yose ubwo Arsenal yatsindwaga na Manchester City ibitego 2-0 ku mukino wa nyuma wa Carabao Cup wabaye ku Cyumweru tariki 22 Werurwe 2026.

Mugenzi we bakinana inyuma muri Arsenal FC, William Saliba, nawe yasezeye mu ikipe y’u Bufaransa izakina imikino ya gishuti izabera muri Amerika, aho izahura na Brazil na Colombia.

Umukinnyi wo hagati w’u Bwongereza, Eberechi Eze, yari yahamagawe mu bakinnyi 35 batoranyijwe n’umutoza Thomas Tuchel mu mikino ya gishuti izahuza u Bwongereza na Uruguay ndetse n’u Buyapani, ariko nawe yaje kwikuramo kubera ikibazo cy’imvune mu kuguru ahazwi nko mu mfundiko.

Iyo mvune yayigize mu mukino Arsenal yatsinzemo Bayern Leverkusen ibitego 2-0 mu irushanwa rya UEFA Champions League, mu mukino wo kwishyura wa 1/8, bityo ntiyabasha no gukina umukino wabereye kuri Wembley ku Cyumweru, ubwo Arsenal yakinaga na Manchester City.

Mugenzi we bakinana muri Arsenal, Ben White, yahise ahamagarwa na Tuchel kugira ngo yongere imbaraga mu ikipe y’u Bwongereza. Umutoza wa Arsenal, Mikel Arteta, yemeje ko ikipe itegereje ko Eze akorerwa ibindi bizamini byimbitse kugira ngo hamenyekane ubukana bw’imvune ye.

Umukinnyi ukina ku ruhande, Leandro Trossard, na we ntari mu bakinnyi b’ikipe y’u Bubiligi izakinamo na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika na Mexico, kubera ikibazo cy’imvune.

Kapiteni wa Arsenal, Martin Ødegaard, yari asanzwe yarakuwe mu ikipe ya Norway kubera imvune yo mu ivi, ni mu gihe myugariro w’Umuholandi, Jurrien Timber, nawe akiri hanze y’ikibuga muri iki gihe.

Kugeza ubu, abakinnyi batandatu bo mu ikipe ya mbere ya Arsenal FC nibo bimaze kumenyekana ko batazitabira ubu butumire mu makipe yabo y’ibihugu. Amwe mu makipe y’ibihugu ku mugabe w’iburayi n’ahandi, yatangiye kwakira abakinnyi kuri uyu wa mbere tariki 23 Werurwe 2026.

Arsenal iri guhatanira gutwara igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza (Premier League) ku nshuro ya mbere mu myaka 22 ishize, ikaba iri ku mwanya wa mbere irusha Manchester City iri ku mwanya wa kabiri amanota icyenda, nubwo City ifite umukino umwe w’ikirarane.

Arsenal izagaruka mu kibuga ikina na Southampton muri 1/4 cy’irangiza cya FA Cup ku itariki ya 4 Mata 2026, mbere yo guhura na Sporting CP mu mukino ubanza wa 1/4 cya UEFA Champions League ku wa 7 Mata 2026.

Gabriel Magalhães ari mu bakinnyi batazitabira ubutumire bw'ikipe y'igihugu

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Abakinnyi ba Arsenal FC bari bahamagawe mu makipe y’ibihugu ntabwo bazitabire ubutumire

Mar 24, 2026 - 00:07
 0
Abakinnyi ba Arsenal FC bari bahamagawe mu makipe y’ibihugu ntabwo bazitabire ubutumire

Abakinnyi batandatu ba Arsenal FC nibo bamaze kwemeza ko batazitabira imikino ya gishuti amakipe yabo y’ibihugu azakina muri iyi minsi. Aba bakinnyi barimo William Saliba wari wahamagawe mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa. 


Myugariro w’ikipe y’igihugu ya Brazil, Gabriel Magalhães, niwe mukinnyi  wa Arsenal FC uheruka gutangaza ko atazitabira ubutumire bw’ikipe y’igihugu irimo kwitegura imikino ya gishuti, aho bivugwa ko ari ukubera ikibazo cy’imvune.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Brazil (CBF) niryo ryatangaje ko Gabriel Magalhães atazitabira imikino ya gishuti izahuza Brazil n’u Bufaransa ndetse n’umukino bazakinamo na Croatia, izabera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Uyu musore biravugwa ko afite ububabare mu ivi rye ry’iburyo. Iri shyirahamwe ryavuze ko ibizamini by’ubuvuzi bamukoreye basanze koko afite ikibazo.

Gabriel Magalhães yakinnye iminota 90 yose ubwo Arsenal yatsindwaga na Manchester City ibitego 2-0 ku mukino wa nyuma wa Carabao Cup wabaye ku Cyumweru tariki 22 Werurwe 2026.

Mugenzi we bakinana inyuma muri Arsenal FC, William Saliba, nawe yasezeye mu ikipe y’u Bufaransa izakina imikino ya gishuti izabera muri Amerika, aho izahura na Brazil na Colombia.

Umukinnyi wo hagati w’u Bwongereza, Eberechi Eze, yari yahamagawe mu bakinnyi 35 batoranyijwe n’umutoza Thomas Tuchel mu mikino ya gishuti izahuza u Bwongereza na Uruguay ndetse n’u Buyapani, ariko nawe yaje kwikuramo kubera ikibazo cy’imvune mu kuguru ahazwi nko mu mfundiko.

Iyo mvune yayigize mu mukino Arsenal yatsinzemo Bayern Leverkusen ibitego 2-0 mu irushanwa rya UEFA Champions League, mu mukino wo kwishyura wa 1/8, bityo ntiyabasha no gukina umukino wabereye kuri Wembley ku Cyumweru, ubwo Arsenal yakinaga na Manchester City.

Mugenzi we bakinana muri Arsenal, Ben White, yahise ahamagarwa na Tuchel kugira ngo yongere imbaraga mu ikipe y’u Bwongereza. Umutoza wa Arsenal, Mikel Arteta, yemeje ko ikipe itegereje ko Eze akorerwa ibindi bizamini byimbitse kugira ngo hamenyekane ubukana bw’imvune ye.

Umukinnyi ukina ku ruhande, Leandro Trossard, na we ntari mu bakinnyi b’ikipe y’u Bubiligi izakinamo na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika na Mexico, kubera ikibazo cy’imvune.

Kapiteni wa Arsenal, Martin Ødegaard, yari asanzwe yarakuwe mu ikipe ya Norway kubera imvune yo mu ivi, ni mu gihe myugariro w’Umuholandi, Jurrien Timber, nawe akiri hanze y’ikibuga muri iki gihe.

Kugeza ubu, abakinnyi batandatu bo mu ikipe ya mbere ya Arsenal FC nibo bimaze kumenyekana ko batazitabira ubu butumire mu makipe yabo y’ibihugu. Amwe mu makipe y’ibihugu ku mugabe w’iburayi n’ahandi, yatangiye kwakira abakinnyi kuri uyu wa mbere tariki 23 Werurwe 2026.

Arsenal iri guhatanira gutwara igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza (Premier League) ku nshuro ya mbere mu myaka 22 ishize, ikaba iri ku mwanya wa mbere irusha Manchester City iri ku mwanya wa kabiri amanota icyenda, nubwo City ifite umukino umwe w’ikirarane.

Arsenal izagaruka mu kibuga ikina na Southampton muri 1/4 cy’irangiza cya FA Cup ku itariki ya 4 Mata 2026, mbere yo guhura na Sporting CP mu mukino ubanza wa 1/4 cya UEFA Champions League ku wa 7 Mata 2026.

Gabriel Magalhães ari mu bakinnyi batazitabira ubutumire bw'ikipe y'igihugu