U Rwanda rwarakajwe n'amagambo Vital Kamerhe wa DRC yavugiye i Genève
Genève; Umwuka mubi hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n'u Rwanda wongeye kwigaragaza nyuma y’amagambo akomeye yavuzwe na Vital Kamerhe, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya RDC, ubwo yari mu nama ya 6 y’Abaperezida b’Inteko Zishinga Amategeko ku Isi yabereye i Genève ku wa 30 Nyakanga.
Mu ijambo ryuje amarangamutima, Kamerhe yasabye umuryango mpuzamahanga gufatanya n’abaturage ba Congo mu kwamagana ntakuka ihohoterwa rikomeje gukorerwa abasivili, anavuga mu buryo butaziguye uruhare bivugwa ko u Rwanda rufite mu bikorwa by’ihohoterwa bikomeje kuba mu burasirazuba bwa RDC.
Yashimye ubuyobozi bwa Perezida Félix Tshisekedi, avuga ko yahisemo amahoro nubwo hari amateka aremereye, agira ati:
“Igihugu cyacu, kiyobowe na Perezida Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, cyahisemo amahoro n’u Rwanda—amahoro arangwa n’ubutabera, adatesheje agaciro ubusugire bw’igihugu, ubutabera cyangwa ingurane.”
Kamerhe yanagaragaje ko RDC yiyemeje ubufatanye mu karere hose, bitari mu rwego rw’amakimbirane gusa n’u Rwanda, agira ati:
“Icyo dushaka ni uguhagarika urusaku rw’intwaro… uhereye muri Sahel kugeza mu Burasirazuba bwa Congo, kugira ngo aho intwaro zumvikanaga hase n’imashini z’ubuhinzi n’ibikoresho by’inganda.”
Ariko u Rwanda rwahise rusubiza rukoresheje itangazo rikakaye ryasohowe n’Inteko Ishinga Amategeko yarwo ku wa 1 Kanama, ruvuga ko amagambo ya Kamerhe “ashingira ku binyoma” kandi “ashotorana.”
Inteko y’u Rwanda yavuze ko ifite impungenge zikomeye ku magambo ya Kamerhe, ivuga ko ahabanye cyane n’umwuka w’ubufatanye wari waragaragaye mu Nteko y’Abanyaparlama b’Ibihugu bivuga Igifaransa yabereye i Paris muri Nyakanga.
Muri iyo nama yo i Paris, Kamerhe yari yashimye amasezerano y’amahoro yafashijwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika yashyizweho umukono ku wa 27 Kamena 2025 hagati ya RDC n’u Rwanda.
“Guhindura amagambo mu gihe gito nk’iki, Kamerhe abikoze hashize ibyumweru bibiri gusa nyuma yo gusinya amasezerano i Paris, bikwiye gukemangwa ku bijyanye n’ubunyangamugayo n’ubwitange bw'inteko nshingamategeko ya RDC mu rugendo rw’amahoro”.
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiyemeje ibiganiro byubaka, rusaba abayobozi bo mu karere kugaragaza ubushishozi, ubunyangamugayo no kubahiriza amasezerano bagiranye kugira ngo amahoro arambye aboneke mu karere.
Ibi byabereye i Genève bishobora gusubiza inyuma imbaraga zari zimaze igihe zishyirwa mu kugarura amahoro mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Amasezerano yafashijwe na Amerika yari yitezweho gutanga icyizere gishya, ariko iyi mvururu nshya y’amagambo igaragaza ko hari icyuho cy’icyizere kigikomeye hagati y’impande zombi.


Kinyarwanda
English
Swahili









