issa
Uganda: Bobi Wine yashyize hanze video ashinja Museveni kwiba amajwi, ateguza imyigaragambyo

Uganda: Bobi Wine yashyize hanze video ashinja Museveni kwiba amajwi, ateguza imyigaragambyo

Jan 18, 2026 - 18:32
 0

Umuyobozi w’ishyaka rya NUP akaba n’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, akomeje gushinja Perezida Yoweri Museveni na komisiyo y’amatora kumwiba amajwi muri video nshya yashyize hanze.


Ni video nshya Bobi Wine yashyize hanze kuri uyu wa 18 Mutarama 2026, abinyujije ku rubuga rwe rwa X, ikaba igaragaza bamwe mu bayobozi ba komisiyo y’amatora ya Uganda bari ku biro byitora bafite impapuro n’amakaramu, ibintu Bobi Wine avuga ko byamwibishije amajwi.

Mu butumwa bwe, Bobi Wine yavuze ko ayo mashusho agaragaza neza uko amatora yakozwe mu buriganya bugaragara, avuga ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda bahawe umwanya wo kwiyamamaza mu byo yita kuyobya rubanda, bitewe n’uko ngo bageze mu ibarura ry’amajwi bakibwa bikomeye.

Yagize ati “Baduhaye umwanya wo kwiyamamaza kugira ngo bayobye rubanda, ariko twageze mu matora batwiba amajwi bikomeye kandi twari twabahize.”

Uyu munyapolitiki kandi akomeza ashinja Leta ya Museveni gushimuta abayobozi b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’icyo gihugu bakajyanwa ahatazwi, ibyo byose ngo bikaba byarakozwe mu rwego rwo kwiba amajwi.

Uyu munyapolitiki yavuze ko hatagize igihinduka, ari bukore imyigaragambyo afatanyije n’abamushyigikiye bari kuruhande rwe bakarwanirira uburenganzira bwabo.

Icyakora kugeza ubu, nyuma y’uko Museveni atsindiye kongera kuyobora Uganda ku majwi 71.65%, nta kintu yari yakongera gutangaza, ni mu gihe Bobi Wine we yagize 24.72%.

Uganda: Bobi Wine yashyize hanze video ashinja Museveni kwiba amajwi, ateguza imyigaragambyo

Jan 18, 2026 - 18:32
Jan 18, 2026 - 19:11
 0
Uganda: Bobi Wine yashyize hanze video ashinja Museveni kwiba amajwi, ateguza imyigaragambyo

Umuyobozi w’ishyaka rya NUP akaba n’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, akomeje gushinja Perezida Yoweri Museveni na komisiyo y’amatora kumwiba amajwi muri video nshya yashyize hanze.


Ni video nshya Bobi Wine yashyize hanze kuri uyu wa 18 Mutarama 2026, abinyujije ku rubuga rwe rwa X, ikaba igaragaza bamwe mu bayobozi ba komisiyo y’amatora ya Uganda bari ku biro byitora bafite impapuro n’amakaramu, ibintu Bobi Wine avuga ko byamwibishije amajwi.

Mu butumwa bwe, Bobi Wine yavuze ko ayo mashusho agaragaza neza uko amatora yakozwe mu buriganya bugaragara, avuga ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda bahawe umwanya wo kwiyamamaza mu byo yita kuyobya rubanda, bitewe n’uko ngo bageze mu ibarura ry’amajwi bakibwa bikomeye.

Yagize ati “Baduhaye umwanya wo kwiyamamaza kugira ngo bayobye rubanda, ariko twageze mu matora batwiba amajwi bikomeye kandi twari twabahize.”

Uyu munyapolitiki kandi akomeza ashinja Leta ya Museveni gushimuta abayobozi b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’icyo gihugu bakajyanwa ahatazwi, ibyo byose ngo bikaba byarakozwe mu rwego rwo kwiba amajwi.

Uyu munyapolitiki yavuze ko hatagize igihinduka, ari bukore imyigaragambyo afatanyije n’abamushyigikiye bari kuruhande rwe bakarwanirira uburenganzira bwabo.

Icyakora kugeza ubu, nyuma y’uko Museveni atsindiye kongera kuyobora Uganda ku majwi 71.65%, nta kintu yari yakongera gutangaza, ni mu gihe Bobi Wine we yagize 24.72%.