Habaye ibiganiro hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iya Serbia

Habaye ibiganiro hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iya Serbia

Apr 2, 2025 - 13:09
 0

Kuri uyu wa Gatatu taliki 02 Mata 2025, Leta y’u Rwanda n’iya Serbia, bagiranye ibiganiro binyuze kuri ba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu byombi.


Ni ikiganiro Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye na  mugenzi we wa Serbia kuri Telefoni  cyagarukaga ku iterambere ry’ibihugu byombi.

Kibanze kandi  ku gukomeza guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi, n’amahirwe ahari mu mikoranire ibyara inyungu.

Mu butumwa bwatambukijwe  na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda,  kuri  twitter (X), buvuga ko “Minisitiri Olivier Nduhungirehe, yagiranye ikiganiro cyiza kuri telefone na Marko Djuric, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika ya Serbia.”

“ Ikiganiro cyibanze ku gukomeza guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi no gusuzumira hamwe inzego zirimo amahirwe mu mikoranire hagati y’Ibihugu byombi.”

 Ibihugu byombi (u Rwanda na Serbia) bisanzwe bifitanye umubano mwiza ushingiye ku mikoranire inyuranye irimo iy’ubucuruzi.

Muri Mata 2023 Ibihugu byombi byemeranyijwe ku masezerano y’ubucuruzi mu rwego rwo korohereza u Rwanda gukura ingano n’ibigori muri Serbia nk’Igihugu cyiza mu bya mbere ku Isi mu kohereza hanze ibinyampeke, ndetse na rwo rukoherezayo ikawa n’icyayi.

 

Habaye ibiganiro hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iya Serbia

Apr 2, 2025 - 13:09
 0
Habaye ibiganiro hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iya Serbia

Kuri uyu wa Gatatu taliki 02 Mata 2025, Leta y’u Rwanda n’iya Serbia, bagiranye ibiganiro binyuze kuri ba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu byombi.


Ni ikiganiro Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye na  mugenzi we wa Serbia kuri Telefoni  cyagarukaga ku iterambere ry’ibihugu byombi.

Kibanze kandi  ku gukomeza guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi, n’amahirwe ahari mu mikoranire ibyara inyungu.

Mu butumwa bwatambukijwe  na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda,  kuri  twitter (X), buvuga ko “Minisitiri Olivier Nduhungirehe, yagiranye ikiganiro cyiza kuri telefone na Marko Djuric, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika ya Serbia.”

“ Ikiganiro cyibanze ku gukomeza guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi no gusuzumira hamwe inzego zirimo amahirwe mu mikoranire hagati y’Ibihugu byombi.”

 Ibihugu byombi (u Rwanda na Serbia) bisanzwe bifitanye umubano mwiza ushingiye ku mikoranire inyuranye irimo iy’ubucuruzi.

Muri Mata 2023 Ibihugu byombi byemeranyijwe ku masezerano y’ubucuruzi mu rwego rwo korohereza u Rwanda gukura ingano n’ibigori muri Serbia nk’Igihugu cyiza mu bya mbere ku Isi mu kohereza hanze ibinyampeke, ndetse na rwo rukoherezayo ikawa n’icyayi.

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.