Nigeria: 21 biciwe mu bitero byagabwe n’umutwe wa Boko Haram, abarenga 50 barakomereka
Abantu 21 biciwe mu bitero byagabwe n’umutwe wa Boko Haram, abarenga 50 barakomereka nk’uko amakuru aturuka mu nzego z’umutekano zo mu majyaruguru ya Nigeria mu turere twa Borgu na Agwara abivuga.
Nk’uko inzego z’umutekano zo mu Ntara ya Niger muri utwo turere twa Borgu na Agwara zabitangaje ku wa 14 Gashyantare 2026, ni uko abarwanyi b’umutwe wa Boko Haram mu bitero bagabye byahitanye abantu 21 abandi barenga 50 bagakomereka ubwo bagendaga barasa mu midugudu y’utwo turere ari nako batwika inzu zo kubamo n'iz'ubucuruzi.
Zakari Y. Adamu Kontogora, umwe mu banyamakuru bazwiho cyane gutangaza amakuru y’umutekano muri Nigeria, yanditse ku rubuga rwe rwa Facebook na X ko amakuru yahawe n’inzego z’umutekano za Nigeria agaragaza neza ko ibyo bitero byagabwe mu Ntara ya Niger mu gace ka Konkoso.
Amakuru ahari akomeza avuga ko abarwanyi ba Boko Haram banagabye ibindi bitero bikomeye mu midugudu ya Pissa, Zango na Tungan Makeri muri iyo Ntara ya Niger, uretse ko ababiguyemo bataramenyekana neza.
Abaturage batuye muri utwo duce bakomeje gutaka basaba Leta ya Nigeria kubatabara bitewe n’uko abo barwanyi ba Boko Haram bakigaragambya muri ibyo bice, ibintu byakomeje guteza umutekano muke mu batuye iyo Ntara ya Niger.
Amakuru yatangajwe n’inzego z’umutekano z’icyo gihugu avuga ko hari ibikorwa byo guhashya no kwirukana burundu uwo mutwe hamwe n’indi yose iri muri icyo gihugu nyuma yo kwica bamwe mu bayobozi bakuru b’uwo mutwe wa Boko Haram mu kwezi gushize.
Ibi bibaye nyuma y’uko Leta ya Nigeria ku bufatanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika batangije urugamba rwo guhosha no kwirukana imitwe yitwaje intwaro muri icyo gihugu, nubwo iyo mitwe aho kwirukanwa burundu ikomeje kwica abaturage ibarasa ndetse inatwika inzu zabo.


Kinyarwanda
English
Swahili









