Nigeria: Igisirikare cyishe intagondwa 35 mu bitero byo mu kirere hafi y’umupaka na Cameroun
Igisirikare cya Nigeria cyatangaje ko cyishe intagondwa 35 zigendera ku mahame akaze yiyitirira Isilamu, mu bitero byo mu kirere byagabwe hafi y’umupaka wo mu majyaruguru ashyira uburasirazuba gihana na Cameroun.
Itangazo ryasohowe n’igisirikare rivuga ko ibyo bitero byabereye mu duce tune, hagamijwe kuburizamo umugambi w’intagondwa wo kugaba igitero ku basirikare barwanira ku butaka.
Nigeria imaze imyaka irenga icumi ihanganye n’intagondwa za Boko Haram n’andi matsinda akoresha iterabwoba, urugomo rushingiye ku idini ndetse n’ibikorwa byo gushimuta abantu hagamijwe amafaranga y’ingurane.
Ku wa gatandatu, itsinda ry’Abanya-Nigeria bakomeye barimo abahoze ari abaminisitiri, abacuruzi n’abaharanira uburenganzira bwa muntu, ryagaragaje impungenge ku bwiyongere bw’ubwicanyi mu gihugu, rivuga ko bimwe mu bice byacyo biri kubamo “ubwicanyi buri ku kigero cyo mu ntambara.” Iri tsinda ryakomozaga kuri raporo ya Amnesty International yasohotse muri Gicurasi 2025, ivuga ko abantu barenga 10,200 bamaze kwicwa kuva Perezida Bola Tinubu yajya ku butegetsi mu 2023.
Iryo tsinda ryasabye ko hashyirwaho komisiyo ya perezida ifite ububasha bwo kurangiza intambara n’umutekano muke ukomeje kwibasira igihugu, harimo no kwaduka kwa Boko Haram mu majyaruguru ashyira uburasirazuba.
Mu cyumweru gishize, igisirikare cya Nigeria cyavuze ko cyishe abarwanyi b’intagondwa hafi 600 mu mezi umunani ashize, ariko nta buryo bwigenga buhari bwo kubyemeza.
Umuryango w’Abibumbye ugaragaza ko iyi ntambara imaze guhitana abantu barenga 35,000, mu gihe abasaga miliyoni ebyiri bamaze guhungira mu bindi bice.
Ikigo cy’ubushakashatsi ku mutekano cyo muri Afurika y’Epfo (ISS) cyatangaje ko nibura ibitero 15 by’intagondwa bimaze kuba muri uyu mwaka mu duce twa Nigeria dukora kuri Cameroun na Niger, ndetse intagondwa zikaba zisigaye zifashisha indege nto zitajyamo umupilote (drone) mu kugaba ibitero ku bigo bya gisirikare.
Mu rwego rwo gukomeza gufasha Nigeria mu kurwanya iterabwoba, minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Amerika iherutse kwemeza kugurisha intwaro zifite agaciro ka miliyoni 346 z’amadolari kuri iki gihugu muri uku kwezi kwa Kanama.


Kinyarwanda
English
Swahili









