issa
AFC/M23 yarashe drone eshatu za FARDC muri Fizi

AFC/M23 yarashe drone eshatu za FARDC muri Fizi

Feb 17, 2026 - 08:26
 0

Imitwe ya Twirwaneho ifatanyije na AFC/M23, kuri uyu wa Mbere tariki 16 Gashyantare 2026, yahanuye drone eshatu zo mu bwoko bwa “kamikaze” zari zoherejwe n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).


Ibi byabereye mu gace ka Point-Zero, muri Teritwari ya Fizi, Intara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’iminsi itatu nta mirwano ikomeye ihuza impande zombi.

Amakuru aturuka ku mirongo y'urugamba avuga ko mu masaha y’igicamunsi, ihuriro rya FARDC ryagabye ibitero ku mutwe wa Twirwaneho usanzwe ukorana bya hafi na AFC/M23.

Imirwano yabereye ahazwi nka Point-Zero, gusa amakuru avuga ko ingabo ziri ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa zasubijwe inyuma. Nyuma yo gusubizwa inyuma, biyambaje Drone za Kamikaze ariko biza kurangira zirashwe. 

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, abinyujije ku rubuga rwa X, yashinje ingabo za Leta ya Kinshasa gukomeza kurenga ku itegeko ryo guhagarika imirwano ku buryo “buboneka kandi bugambiriwe.”

Yagize ati: “Ibi bikorwa by’ubuhubutsi n’ubugizi bwa nabi ni ubushotoranyi bukomeye kandi bibangamira imbaraga zose zigamije kugabanya ubushyamirane no kugera ku gisubizo cy’amahoro.”

Ibi bibaye mu gihe Leta ya RDC yari yemeye kubahiriza agahenge kasabwe na Perezida wa Angola, João Lourenço, kagomba gutangira kubahirizwa ku wa Gatatu tariki ya 18 Gashyantare 2026.

AFC/M23 yarashe drone eshatu za FARDC muri Fizi

Feb 17, 2026 - 08:26
 0
AFC/M23 yarashe drone eshatu za FARDC muri Fizi

Imitwe ya Twirwaneho ifatanyije na AFC/M23, kuri uyu wa Mbere tariki 16 Gashyantare 2026, yahanuye drone eshatu zo mu bwoko bwa “kamikaze” zari zoherejwe n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).


Ibi byabereye mu gace ka Point-Zero, muri Teritwari ya Fizi, Intara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’iminsi itatu nta mirwano ikomeye ihuza impande zombi.

Amakuru aturuka ku mirongo y'urugamba avuga ko mu masaha y’igicamunsi, ihuriro rya FARDC ryagabye ibitero ku mutwe wa Twirwaneho usanzwe ukorana bya hafi na AFC/M23.

Imirwano yabereye ahazwi nka Point-Zero, gusa amakuru avuga ko ingabo ziri ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa zasubijwe inyuma. Nyuma yo gusubizwa inyuma, biyambaje Drone za Kamikaze ariko biza kurangira zirashwe. 

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, abinyujije ku rubuga rwa X, yashinje ingabo za Leta ya Kinshasa gukomeza kurenga ku itegeko ryo guhagarika imirwano ku buryo “buboneka kandi bugambiriwe.”

Yagize ati: “Ibi bikorwa by’ubuhubutsi n’ubugizi bwa nabi ni ubushotoranyi bukomeye kandi bibangamira imbaraga zose zigamije kugabanya ubushyamirane no kugera ku gisubizo cy’amahoro.”

Ibi bibaye mu gihe Leta ya RDC yari yemeye kubahiriza agahenge kasabwe na Perezida wa Angola, João Lourenço, kagomba gutangira kubahirizwa ku wa Gatatu tariki ya 18 Gashyantare 2026.