Yabyoroheje! APR FC yashyize hanze ibiciro byo kwinjira ku mukino wayo na Musanze FC
Ikipe ya APR FC yashyize hanze ibiciro byo kwinjira ku mukino wa nyuma izaherezwaho igikombe cya shampiyona, ubwo izaba ikina na Musanze FC.
Ni ibiciro byashyizwe muri Sisiteme kuri uyu wa mbere tariki 26 Gicurasi 2025.
Uyu mukino APR FC irimo kwitegura, biteganyijwe ko uzabera muri sitade Amahoro. Ibi biciro byashyizwe hanze bagendeye aho uzanabera.
Ibi biciro byashyizwe hanze ni igihumbi 1, mu gice cyo hejuru, ibihumbi 2 mu gice cyo hasi, muri VIP hagizwe ibihumbi 10, muri VVIP hagizwe ibihumbi 30, ibihumbi 100 muri Excutive Seats ndetse na Milliyoni 1 muri Sky Box.
umukino wa APR FC na Musanze FC uzatangira ku isaha ya saa kumi n'ebyiri z'umugoroba kuri uyu wa gatatu tariki 28 Gicurasi 2025.
Uyu mukino APR FC igeze kure imyiteguro y’uyu mukino ndetse n’ibi birori muri rusange. Amakuru ahari kugeza ubu abahanzi 2 barimo Jose Chameleone na Wiseal Manizo bashobora kuzasusurutsa abazareba uyu mukino.
Ikipe ya APR FC itwaye igikombe cya shampiyona cya 23, kikaba icya 6 itwaye yikurikiranya. Kugeza ubu ifite amanota 64.


Kinyarwanda
English
Swahili









