APR FC yahinduriwe ingengabihe mu mikino ya CECAFA Kagame Cup
Ikipe y’ingabo z’igihugu, APR FC yahinduriwe ingengabihe mu mikino ya CECAFA Kagame Cup igomba gutangira kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Nzeri 2025.
Ku cyumweru tariki 31 Kanama 2025 nibwo APR FC yerekeje mu gihugu cya Tanzania Dar Es Salaam, ahazabera iyi mikino ya CECAFA kagame Cup.
APR FC yahagurukanye abakinnyi bose usibye abahamagawe mu ikipe y’igihugu barimo Niyomugabo Claude, Nduwayo Alex, Ombarenga Fitina, Mugisha Gilbert, Mamadou Sy, Denis Omedi ndetse Ssekiganda Ronald.
APR FC nyuma yo kugera mu gihugu cya Tanzania, yahuriranye no guhindura amatariki izakiniraho imikino yayo ya CECAFA Kagame Cup.
Umukino wa mbere APR FC yagombaga gukina na Bumamuru FC yo mu Burundi izawukina tariki 3 Nzeri 2025. Uyu mukino wagombaga kuba tariki 2 Nzeri 2025.
APR FC iri mu Itsinda B hamwe na Bumamuru FC yo mu Burundi, KMC yo muri Tanzania na Mlandege FC yo muri Zanzibar.
Umukino wa mbere wari uteganyijwe kubera ku kibuga cya Azam Complex, ariko amakipe yamenyeshejwe ko iki kibuga kitazakoreshwa ahubwo cyasimbujwe icya Major General Isamuhyo Stadium.
Kubera izo mpamvu, APR FC na Bumamuru FC zahinduriwe umunsi wo gukina, zishyirwa ku wa Gatatu, tariki ya 3 Nzeri kuri KMC Stadium, guhera saa Sita z’amanywa.
Umukino wa kabiri wa APR FC na Mlandege uzakinwa ku wa Gatandatu tariki ya 6 Nzeri kuri Major General Isamuhyo Stadium, mu gihe usoza itsinda izawukinira kuri KMC Stadium ku wa Mbere, tariki ya 8 Nzeri na KMC yo muri Tanzania.
Kuri uyu wa Mbere tariki1 Nzeri 2025, abakinnyi ba APR FC batozwa na Abderrahim Taleb bazindukiye mu myitozo yabereye ku kibuga cya KMC kizakinirwaho umukino wa mbere na Bumamuru yo mu Burundi.
Ingengabihe uko yari ipanze mbere


Kinyarwanda
English
Swahili









