issa
Ubuyobozi bwa Gabon bwahagaritse ikipe y'igihugu y'umupira w'amagaru

Ubuyobozi bwa Gabon bwahagaritse ikipe y'igihugu y'umupira w'amagaru

Jan 2, 2026 - 09:02
 0

Guverinoma ya Gabon yatangaje ko yahagaritse ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, yirukana umutoza wayo, ndetse inasezerera Pierre-Emerick Aubameyang mu ikipe nyuma yo gutsindwa imikino itatu mu irushanwa ry'igikombe cy'Afurika.


Minisitiri wa Siporo wa Gabon w’agateganyo Simplice-Désiré Mamboula, yatangaje iri hagarikwa ry’ikipe y’igihugu kuri televiziyo, nyuma y’uko Gabon isoje iri ku mwanya wa nyuma mu itsinda ryayo igahita isezererwa muri iri rushanwa riri kubera muri Marocco.

Yagize ati “Dushingiye ku mikinire mibi kandi iteye isoni y’Ikipe y’Igihugu muri CAN, guverinoma yafashe icyemezo cyo gusesa abatoza, guhagarika ikipe y’igihugu kugeza igihe hazatangarizwa ibindi, no gusezerera abakinnyi narimo Bruno Ecuele Manga na Pierre-Emerick Aubameyang." 

Ibi byatangajwe na Simplice-Désiré Mamboula nyuma yo gutsindwa na Côte d’Ivoire ibitego 3–2 ku wa Gatatu tariki 31 Ukuboza 2025, mu mukino wa nyuma usoza itsinda F yari irimo.

Gabon, yatozwaga na Thierry Mouyouma. Uyu mutoza asezerewe nyuma yo gutsindwa imikino ibiri ya mbere yo mu itsinda F na Cameroun ndetse na Mozambique. Ariko mu mukino wa nyuma, yari yatsinze Côte d’Ivoire ibitego 2–0, iza kubyishyurwa kandi Cote D'Ivoire yarakinishaga ikipe ya Kabiri.

Aba bakinnyi bahagaritswe nta n’umwe wakinnye uwo mukino wo ku wa Gatatu, kuko Aubameyang yari yarasubiye mu ikipe ye ya Marseille kwivuza imvune yo mu kibero.

Aubameyang, wigeze kwegukana igihembo cy’Umukinnyi mwiza wa Afurika, yasubije ku mbuga nkoranyambaga agira ati “Ntekereza ko ibibazo by’ikipe birenze cyane umuntu umwe ndi jye.”

Mu bihe byashize, gusesa ikipe y’igihugu byari ibisanzwe muri Afurika iyo habaga hari ibitagenze neza. Ariko kuva impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi, FIFA, rifashe ingamba zikomeye zo kwamagana kwivanga kwa za guverinoma mu micungire y’amashyirahamwe y’umupira w’amaguru, ibi byabaye ibintu bibaho gake cyane.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Ubuyobozi bwa Gabon bwahagaritse ikipe y'igihugu y'umupira w'amagaru

Jan 2, 2026 - 09:02
Jan 2, 2026 - 09:03
 0
Ubuyobozi bwa Gabon bwahagaritse ikipe y'igihugu y'umupira w'amagaru

Guverinoma ya Gabon yatangaje ko yahagaritse ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, yirukana umutoza wayo, ndetse inasezerera Pierre-Emerick Aubameyang mu ikipe nyuma yo gutsindwa imikino itatu mu irushanwa ry'igikombe cy'Afurika.


Minisitiri wa Siporo wa Gabon w’agateganyo Simplice-Désiré Mamboula, yatangaje iri hagarikwa ry’ikipe y’igihugu kuri televiziyo, nyuma y’uko Gabon isoje iri ku mwanya wa nyuma mu itsinda ryayo igahita isezererwa muri iri rushanwa riri kubera muri Marocco.

Yagize ati “Dushingiye ku mikinire mibi kandi iteye isoni y’Ikipe y’Igihugu muri CAN, guverinoma yafashe icyemezo cyo gusesa abatoza, guhagarika ikipe y’igihugu kugeza igihe hazatangarizwa ibindi, no gusezerera abakinnyi narimo Bruno Ecuele Manga na Pierre-Emerick Aubameyang." 

Ibi byatangajwe na Simplice-Désiré Mamboula nyuma yo gutsindwa na Côte d’Ivoire ibitego 3–2 ku wa Gatatu tariki 31 Ukuboza 2025, mu mukino wa nyuma usoza itsinda F yari irimo.

Gabon, yatozwaga na Thierry Mouyouma. Uyu mutoza asezerewe nyuma yo gutsindwa imikino ibiri ya mbere yo mu itsinda F na Cameroun ndetse na Mozambique. Ariko mu mukino wa nyuma, yari yatsinze Côte d’Ivoire ibitego 2–0, iza kubyishyurwa kandi Cote D'Ivoire yarakinishaga ikipe ya Kabiri.

Aba bakinnyi bahagaritswe nta n’umwe wakinnye uwo mukino wo ku wa Gatatu, kuko Aubameyang yari yarasubiye mu ikipe ye ya Marseille kwivuza imvune yo mu kibero.

Aubameyang, wigeze kwegukana igihembo cy’Umukinnyi mwiza wa Afurika, yasubije ku mbuga nkoranyambaga agira ati “Ntekereza ko ibibazo by’ikipe birenze cyane umuntu umwe ndi jye.”

Mu bihe byashize, gusesa ikipe y’igihugu byari ibisanzwe muri Afurika iyo habaga hari ibitagenze neza. Ariko kuva impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi, FIFA, rifashe ingamba zikomeye zo kwamagana kwivanga kwa za guverinoma mu micungire y’amashyirahamwe y’umupira w’amaguru, ibi byabaye ibintu bibaho gake cyane.