Ikipe ikina hano mu Rwanda yirukanye abakinnyi bose yari ifite
Ikipe ikina shampiyona y'icyiciro cya Kabiri hano mu Rwanda, Interforce FC, yirukanye abakinnyi bose.
Ni amakuru yasakaye mu ijoro rya tariki 25 Kanama 2025. Biravugwa ko iyi kipe yahawe amabaruwa abakinnyi bose abemerere kujya kwishakira andi makipe bazakinamo uyu mwaka(Release Letter), nyuma yuko iyi yo itazongera gukina iyi Shampiyona.
Interforce FC yari ikipe ya Kabiri ya Police FC, ibarizwa muri shampiyona y'icyiciro cya kabiri ariko amakuru twamenye ni uko igiye guhindurirwa izina ari nayo mpamvu irimo gushyira ibintu byose biyerekeyeho ku murongo.
Mu minsi ishize nibwo hasohotse amakuru avuga ko urwego rw'igihugu rushinzwe igorora, RCS, rugiye gushinga ikipe yabo ndetse bivugwa ko Interforce FC ari yo igiye guhinduka RCS. Uru rwego rwifuje gutangirira mu cyiciro cya Kabiri aho gushinga ikipe bundi bushya igahera mu cyiciro cya Gatatu.
Urundi rwego rwemeje ko rugiye gushinga ikipe ni urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyaha, RIB. Ibi byatangajwe mu minsi ishize n'umuvugizi, Dr Murangira B Thierry ubwo yaganiraga na IGIHE.
Amakuru UKWELITIMES twamenye nuko RIB nayo irimo gushaka ikipe yo mu cyiciro cya Kabiri bagura igahindurirwa izina aho gushinga izatangirira mu cyiciro cya Gatatu.


Kinyarwanda
English
Swahili









