Amagaju FC yasinyishije umutoza watoje muri Young Africans
Ikipe y’Amagaju FC yatangaje ko yasinyishije umutoza mushya witwa Sghir Hammadi ukomoka mu gihugu cy’Ububiligi watoje muri Young Africans.
Mu ntangiriro z’ukwezi kwa Mutarama 2026, ubuyobozi bwa Amagaju FC bwafashe icyemezo cyo gusesa amasezerano bwari bufite n’umutoza w’Umurundi witwa Niyongabo Amars afatanyije n’abamwungirije, nyuma y’umukino batsinzwemo na Al Hilal SC ibitego 8-0.
Nyuma y’iyi ntsinzwi ikomeye, iyi kipe ihagarariye Intara y’Amajyepfo yahise itangira gushaka abatoza bashya bazayifasha kwitwara neza mu mikino yo kwishyura ya Shampiyona y’u Rwanda, cyane ko imikino ibanza itayigendekeye neza.
Amagaju FC yahisemo Umubiligi Sghir Hammadi, w’imyaka 41, nk’umutoza mukuru mushya. Hammadi afite ubunararibonye mu mupira w’amaguru wo ku Mugabane wa Afurika, aho yigeze kuba umutoza wungirije mu makipe akomeye arimo Young Africans yo muri Tanzania na Al Merrikh SC yo muri Sudani.
Uyu mutoza yasinyiye Amagaju FC amasezerano y’amezi atandatu ariko yafasha iyi kipe kuguma mu cyiciro cya mbere agakomeza no mu mwaka w’imikino wa 2026-2027. Uyu mutoza agiye gusimbura mu gihe kigoye kuko iyi kipe iri ku mwanya wa 16 ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona.
Hammadi yakiriwe ku mugaragaro na Perezida wa Amagaju FC, Nshimyumuremyi Paul. Mbere yo kugera mu Rwanda, aheruka muri Ismaily SC yo mu Misiri nk’umutoza wungirije, ariko aza kuyivamo mu kwezi k’Ukwakira 2025.
Amagaju FC yongeyemo umutoza ariko kandi isinyisha n’ubundi abakinnyi bataha izamu kandi bakomeye barimo Ettien Dolfrank Barezi, Bi Marc Olivier Boue, ndetse na Destin Malanda.


Kinyarwanda
English
Swahili









