Bugesera FC ntabwo yiteguye guhura na Al Hilal Omdurman
Ikipe y'Akarere ka Bugesera, Bugesera FC, yatangaje ko ititeguye gukina umukino n'ikipe ya Al Hilal Omdurman wari uteganyijwe kuri uyu wa Kane.
Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, Ku wa Kabiri tariki 4 Ugushyingo 2025, nibwo Al Hilal Omdurman yatangaje ko umukino wa mbere wa Shampiyona y'u Rwanda izawukina na Bugesera FC kuri uyu wa Kane tariki 6 Ugushyingo 2025. Iyi kipe Kandi yatangaje ko tariki 10 izahita ikina na AS Kigali mu mukino wa Kabiri wa Shampiyona.
Iyi kipe ikimara gutangaza ko igiye gutangirira shampiyona kuri Bugesera FC, ntabwo byakiriwe neza n'ubuyobozi bw'iyi kipe ndetse buhita bushyira hanze itangazo igaragaraza ko ititeguye gukina na Al Hilal Omdurman.
Mu ibaruwa yandikiwe Rwanda Premier League, kuri uyu wa Gatatu tariki 5 Ugushyingo 2025, Bugesera FC ivuga ko itakina uyu mukino na Al Hilal Omdurman kuko waba utunguranye cyane ahubwo umukino biteguye ari uwo iyi kipe izakina na Kiyovu Sports ku cyumweru tariki 9 Ugushyingo 2025.
Yagize ati " Dushingiye ku nkuru zishobora kuba ari impuha, tubandikiye tubamenyesha ko tutakina umukino utunguranye udasanzwe uri ku ngengabihe y'amarushanwa isanzwe mwatumenyesheje mbere, bityo umukino twiteguye ni uwa RPL uzaduhuza na Kiyovu ku Cyumweru."
Nubwo Al Hilal Omdurman yatangaje ko izatangirana ikina iyi mikino ibiri kugeza ubu ntacyo Rwanda Premier League ndetse na FERWAFA birashaka kugira icyo babitangazaho.
Bugesera FC kugeza ubu iri ku mwanya wa 11 n'amanota 6. Umukino uheruka iyi kipe yatsinzwe na Gorilla FC ibitego 2-1. Bugesera FC yamaze no gutangaza ko kuri iki cyumweru izakina na Kiyovu Sports.


Kinyarwanda
English
Swahili









