issa
Min. Nduhungirehe yanenze bikomeye MONUSCO yigambye guha amahugurwa FARDC ikorana na FDLR

Min. Nduhungirehe yanenze bikomeye MONUSCO yigambye guha amahugurwa FARDC ikorana na FDLR

Nov 5, 2025 - 13:50
 0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yanenze bikomeye MONUSCO ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ayishinja gufasha ingabo za FARDC zifatanya n’umutwe wa FDLR mu bikorwa byo guhungabanya amahoro mu burasirazuba bwa Congo.


Abinyujije ku rubuga rwa X, Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko ari ibintu biteye inkeke kubona MONUSCO, ifite inshingano zo kurinda abasivili, iri guhugura ingabo za Congo ku buryo bwo gukoresha intwaro ziremereye n’indege z’intambara zitagira abapilote (drones). Izo drones ngo ni zo zikoreshwa na FARDC mu bikorwa byo kurenga ku masezerano y’agahenge no mu kuburizamo umutekano mu duce dutuwe cyane.

 

Yagize ati “MONUSCO, ubutumwa bwa Loni bufite inshingano zo kurinda abasivili, burimo guhugura ingabo za Congo zifatanya n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ku buryo bwo gukoresha intwaro ziremereye n’indenge z’intambara zitagira abapilote. Izo drones ni zo FARDC ikoreshaho ibitero byangiza ubuzima bw’abasivili kandi bigamije gusenya agahenge kariho.”

 

Minisitiri Nduhungirehe yakomeje avuga ko ibyo bigaragaza uburyo MONUSCO yarenze ku nshingano zayo, nyuma y’imyaka 26 imaze ikorera muri Congo, aho amafaranga asaga miliyari 20 z’amadolari yanyujijwe muri iyi misiyo ariko umutekano ugakomeza kuba muke.

 

Yongeyeho ati “Nyuma y’imyaka 26 ishize, MONUSCO yerekana ku buryo budasubirwaho ko ari imwe mu misiyo y’Umuryango w’Abibumbye yananiwe cyane mu mateka.”

 

U Rwanda rumaze igihe runenga imikorere ya MONUSCO, ruvuga ko aho gufasha kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo, iyi misiyo yongereye ubushobozi bw’imitwe yitwaje intwaro irimo na FDLR, ikaba ikomeje kugira uruhare mu gutiza umurindi imvugo z’urwango n’ihohoterwa rikorerwa Abanye - Congo bavuga Ikinyarwanda.

 

Ibi bitekerezo bya Minisitiri Nduhungirehe bije mu gihe umubano hagati ya Kigali na Kinshasa ukomeje kuzamo umwuka mubi, buri ruhande rushinjanya uruhare mu guhungabanya umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

 

 Aha MONUSCO yari irimo kwigisha abasirikare ba RD Congo uko barashisha imbunda nini

Min. Nduhungirehe yanenze bikomeye MONUSCO yigambye guha amahugurwa FARDC ikorana na FDLR

Nov 5, 2025 - 13:50
Nov 5, 2025 - 14:17
 0
Min. Nduhungirehe yanenze bikomeye MONUSCO yigambye guha amahugurwa FARDC ikorana na FDLR

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yanenze bikomeye MONUSCO ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ayishinja gufasha ingabo za FARDC zifatanya n’umutwe wa FDLR mu bikorwa byo guhungabanya amahoro mu burasirazuba bwa Congo.


Abinyujije ku rubuga rwa X, Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko ari ibintu biteye inkeke kubona MONUSCO, ifite inshingano zo kurinda abasivili, iri guhugura ingabo za Congo ku buryo bwo gukoresha intwaro ziremereye n’indege z’intambara zitagira abapilote (drones). Izo drones ngo ni zo zikoreshwa na FARDC mu bikorwa byo kurenga ku masezerano y’agahenge no mu kuburizamo umutekano mu duce dutuwe cyane.

 

Yagize ati “MONUSCO, ubutumwa bwa Loni bufite inshingano zo kurinda abasivili, burimo guhugura ingabo za Congo zifatanya n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ku buryo bwo gukoresha intwaro ziremereye n’indenge z’intambara zitagira abapilote. Izo drones ni zo FARDC ikoreshaho ibitero byangiza ubuzima bw’abasivili kandi bigamije gusenya agahenge kariho.”

 

Minisitiri Nduhungirehe yakomeje avuga ko ibyo bigaragaza uburyo MONUSCO yarenze ku nshingano zayo, nyuma y’imyaka 26 imaze ikorera muri Congo, aho amafaranga asaga miliyari 20 z’amadolari yanyujijwe muri iyi misiyo ariko umutekano ugakomeza kuba muke.

 

Yongeyeho ati “Nyuma y’imyaka 26 ishize, MONUSCO yerekana ku buryo budasubirwaho ko ari imwe mu misiyo y’Umuryango w’Abibumbye yananiwe cyane mu mateka.”

 

U Rwanda rumaze igihe runenga imikorere ya MONUSCO, ruvuga ko aho gufasha kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo, iyi misiyo yongereye ubushobozi bw’imitwe yitwaje intwaro irimo na FDLR, ikaba ikomeje kugira uruhare mu gutiza umurindi imvugo z’urwango n’ihohoterwa rikorerwa Abanye - Congo bavuga Ikinyarwanda.

 

Ibi bitekerezo bya Minisitiri Nduhungirehe bije mu gihe umubano hagati ya Kigali na Kinshasa ukomeje kuzamo umwuka mubi, buri ruhande rushinjanya uruhare mu guhungabanya umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

 

 Aha MONUSCO yari irimo kwigisha abasirikare ba RD Congo uko barashisha imbunda nini