CECAFA yasabye imbabazi APR FC yabaye iya Gatatu
Ubuyobozi bwa CECAFA Kagame Cup bwasabye imbabazi APR FC yabaye iya Gatatu muri iri rushanwa.
Ku wa mbere tariki 15 Nzeri 2025, nibwo mu gihugu cya Tanzania hasojwe imikino ya CECAFA Kagame Cup aho ikipe ya Al Hilal SC na Singida Black Stars ari zo zahuriye ku mukino wa nyuma.
Ni umukino watangiye ku isaha ya saa Munani z'amanwa urangira Singda Black Stars yegukanye iki gikombe nyuma yo gutsinda Al Hilal SC ibitego 2-1.
Mbere y'uyu mukino hari habanje gukinwa umukino w'umwanya wa 3 wahuje APR FC na KMC urangira APR FC yegukanye uyu mwanya ku intsinzi y'igitego 1-0.
Iyi kipe y'ingabo z'igihugu ubwo yamaraga kwegukana uyu mwanya, ubuyobozi bwa CECAFA bwamenyesheje iyi kipe ko iraza guhabwa ibihembo byayo ku mugoroba mu musangiro urahuza aya makipe yose yitwaye neza.
Ibi siko byagenze kuko hasozwa umukino wa nyuma hagati ya Singda Black Stars na Al Hilal SC, ibihembo byahise bitangirwa ku kibuga ariko APR FC ntiyari ihari ngo ihabwe umudari wayo.
Umuyobozi ushinzwe kwamamaza ibikorwa bya CECAFA, Andrew Oryada, yatangaje ko asaba imbabazi APR FC mu izina ry'ubuyobozi bwa CECAFA kubera amakuru yatanzwe nabi.
Yagize ati "Mu izina rya komite ya CECAFA ndashaka gufata uyu mwanya ngo nsabe imbabazi ikipe ya APR FC. Hatanzwe amakuru nabi, bituma ubwo hatangwaga imidali batagaragara ku kibuga."
Rutahizamu wa APR FC, Memel Raouf Dao yaje guhabwa igihembo cy'umukinnyi witwaye neza muri iri rushanwa. Ni igihembo yahawe mu mugoroba wo gutanga ibindi bihembo bya CECAFA Kagame Cup.
Biteganyijwe ko APR FC iragera hano mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri igakomeza imyiteguro ya shampiyona izatangira kuri uyu wa Kane tariki 18 Nzeri 2025, ikina na Gicumbi FC.
Memel Raouf Dao yahawe igihembo cy'umukinnyi mwiza


Kinyarwanda
English
Swahili









