issa
Umuriro ukomeje kwaka hagati ya Obama na Trump: Haravugwa uburiganya mu matora ya 2016

Umuriro ukomeje kwaka hagati ya Obama na Trump: Haravugwa uburiganya mu matora ya 2016

Jul 24, 2025 - 11:40
 0

Donald Trump Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yashinje Barack Obama wabaye Perezida mbere ye kumugambanira, avuga ko yateguye umugambi wo gusenya manda ye ya mbere amushinja ko intsinzi ye ifitanye isano n’uruhare rw’u Burusiya mu kwivanga mu matora. "Abo bantu bagerageje kwiba ayo matora," Trump yabivuze ari mu biro bya White House ubwo yashinjaga Obama kugerageza gukoma mu nkokora intsinzi ye kuri Hillary Clinton mu matora yo mu 2016.


Umuvugizi wa Obama yahakanye ibyo bivugwa na Trump, avuga ko ari "uburyo bwo kuyobya uburari."

Trump yavuze ibyo ubwo yaganiraga n’abanyamakuru ku bijyanye n’urupfu rwa Jeffrey Epstein, washinjwaga ibyaha byo gusambanya abana, nyuma akiyahura muri gereza mu 2019 ubwo yari ategereje kuburanishwa.

Ubutegetsi bwa Trump bwashyizweho igitutu busabwa gusobanura byinshi kuri Epstein, wari uzwi mu byaha byo gucuruza abana.

Trump yabwiye abanyamakuru ati: "Icy’ukuri gikwiriye kwibandwaho ni uko Obama yafatiwe mu bikorwa bibi. Harageze ko abantu bakurikiranwa, Obama yafashwe nta buryarya. Yakoze icyaha. Ibi ni uburiganya bukabije."

Ibyo yabivuze ubwo yakiraga Perezida wa Philippines, Ferdinand Marcos Jr.

Patrick Rodenbush, umuvugizi wa Obama, yagize ati: "Kubera icyubahiro duha ibiro by’umukuru w’igihugu, dukunze kutagira icyo tuvuga ku birego bidafite ishingiro cyangwa ibihuha bivugirwa muri White House. Ariko ibi birego birakabije, biteye isoni kandi bigamije gusa kuyobya abantu."

Raporo yasohowe n’urwego rw’iperereza ku wa gatanu w’icyumweru gishize, yagaragaje ubutumwa bwo kuri email bwaherekezanywe n’abajyanama ba Obama, buvuga ko bagerageje guhisha amakuru y’iperereza yerekanaga ko u Burusiya bwagerageje kwinjira mu mashini zikoreshwa mu matora mu rwego rwo kuyahungabanya, ariko ntibwigeze bugira icyo bugeraho ku byavuye mu matora.

Kopi y’iyo raporo igaragaza ko abayobozi b’iperereza bari bateguriye Obama inyandiko ku wa 8 Ukuboza 2016 – nyuma y’ibyumweru bike Trump atsinze Clinton – igira iti: "Ibyakozwe n’abagizi ba nabi bo mu Burusiya ku mashini zikoreshwa mu matora ntacyo byahinduye ku byavuye mu matora ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika."

Icyakora FBI ntiyashingiye kuri iyo raporo ngo igire icyo itangaza, nubwo yari yaragize uruhare mu kuyandika, nk’uko iyo raporo ibivuga.

Nyuma y’aho, James Clapper, wari uyoboye iperereza ry’igihugu icyo gihe, yandikiye abayobozi b’iperereza abasaba gukora isesengura rishya "nk’uko Perezida abisabye", rigaragaza uburyo u Burusiya bwivanze mu matora yo mu 2016.

Tulsi Gabbard yavuze ko ayo makuru ya email ari gihamya y’umugambi w’uburiganya ugamije guhungabanya Trump, ndetse yihanangirije ko yiteguye gushyikiriza ubutabera abayobozi bari ku butegetsi bwa Obama.

Ariko umuvugizi wa Obama kuwa kabiri w’iki cyumweru yavuze ko "Nta na kimwe muri iyo raporo gishobora kunyomoza igitekerezo cyemewe na benshi ko u Burusiya bwivanze mu matora yo mu 2016, ariko ntibwashoboye kugira icyo buhindura ku majwi."

Itsinda ry’ibigo by’iperereza muri Amerika ryasohoye raporo muri Mutarama 2017 ivuga ko u Burusiya bwashakaga guhungabanya kandidatire ya Clinton no gufasha Trump gutsinda.

Abo bayobozi bagaragaje ko u Burusiya bwakoresheje imbuga nkoranyambaga z’ibinyoma n’ubujura bw’amakuru ya email y’aba-Demokarate, ariko basanze ibyo bikorwa ntibyari bifite ingaruka nini ku byavuye mu matora.

Raporo y’inteko ishinga amategeko yashyize hanze mu 2020 – yakozwe n’abasenateri b’impande zombi – na yo yemeje ko u Burusiya bwagerageje gufasha Trump mu matora yo mu 2016. Marco Rubio, ubu ni Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga, yari umwe mu basinye kuri iyo raporo nk’umusenateri w’Umurepubulikani.

Imyaka ibiri ya mbere ya manda ya Trump yari yaranzwe n’iperereza ry’ubutabera ku bijyanye n’uko yaba yarakoranye n’u Burusiya mu guhindura ibyavuye mu matora.

Raporo ya Mueller yasohotse nyuma y’iperereza ryimbitse, yemeje ko nta bimenyetso byagaragaje ko Trump cyangwa abamukoreye bakoranye na Kremlin, ndetse nta muntu n’umwe wigeze ukurikiranywa kuri ibyo byaha.

Iperereza ryihariye ryakurikiyeho, ryakozwe na John Durham, ryagaragaje ko iperereza rya FBI ryabaye rishingiye ku makuru adafite ishingiro kandi ridakoze mu buryo bwimbitse.

Umuriro ukomeje kwaka hagati ya Obama na Trump: Haravugwa uburiganya mu matora ya 2016

Jul 24, 2025 - 11:40
 0
Umuriro ukomeje kwaka hagati ya Obama na Trump: Haravugwa uburiganya mu matora ya 2016

Donald Trump Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yashinje Barack Obama wabaye Perezida mbere ye kumugambanira, avuga ko yateguye umugambi wo gusenya manda ye ya mbere amushinja ko intsinzi ye ifitanye isano n’uruhare rw’u Burusiya mu kwivanga mu matora. "Abo bantu bagerageje kwiba ayo matora," Trump yabivuze ari mu biro bya White House ubwo yashinjaga Obama kugerageza gukoma mu nkokora intsinzi ye kuri Hillary Clinton mu matora yo mu 2016.


Umuvugizi wa Obama yahakanye ibyo bivugwa na Trump, avuga ko ari "uburyo bwo kuyobya uburari."

Trump yavuze ibyo ubwo yaganiraga n’abanyamakuru ku bijyanye n’urupfu rwa Jeffrey Epstein, washinjwaga ibyaha byo gusambanya abana, nyuma akiyahura muri gereza mu 2019 ubwo yari ategereje kuburanishwa.

Ubutegetsi bwa Trump bwashyizweho igitutu busabwa gusobanura byinshi kuri Epstein, wari uzwi mu byaha byo gucuruza abana.

Trump yabwiye abanyamakuru ati: "Icy’ukuri gikwiriye kwibandwaho ni uko Obama yafatiwe mu bikorwa bibi. Harageze ko abantu bakurikiranwa, Obama yafashwe nta buryarya. Yakoze icyaha. Ibi ni uburiganya bukabije."

Ibyo yabivuze ubwo yakiraga Perezida wa Philippines, Ferdinand Marcos Jr.

Patrick Rodenbush, umuvugizi wa Obama, yagize ati: "Kubera icyubahiro duha ibiro by’umukuru w’igihugu, dukunze kutagira icyo tuvuga ku birego bidafite ishingiro cyangwa ibihuha bivugirwa muri White House. Ariko ibi birego birakabije, biteye isoni kandi bigamije gusa kuyobya abantu."

Raporo yasohowe n’urwego rw’iperereza ku wa gatanu w’icyumweru gishize, yagaragaje ubutumwa bwo kuri email bwaherekezanywe n’abajyanama ba Obama, buvuga ko bagerageje guhisha amakuru y’iperereza yerekanaga ko u Burusiya bwagerageje kwinjira mu mashini zikoreshwa mu matora mu rwego rwo kuyahungabanya, ariko ntibwigeze bugira icyo bugeraho ku byavuye mu matora.

Kopi y’iyo raporo igaragaza ko abayobozi b’iperereza bari bateguriye Obama inyandiko ku wa 8 Ukuboza 2016 – nyuma y’ibyumweru bike Trump atsinze Clinton – igira iti: "Ibyakozwe n’abagizi ba nabi bo mu Burusiya ku mashini zikoreshwa mu matora ntacyo byahinduye ku byavuye mu matora ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika."

Icyakora FBI ntiyashingiye kuri iyo raporo ngo igire icyo itangaza, nubwo yari yaragize uruhare mu kuyandika, nk’uko iyo raporo ibivuga.

Nyuma y’aho, James Clapper, wari uyoboye iperereza ry’igihugu icyo gihe, yandikiye abayobozi b’iperereza abasaba gukora isesengura rishya "nk’uko Perezida abisabye", rigaragaza uburyo u Burusiya bwivanze mu matora yo mu 2016.

Tulsi Gabbard yavuze ko ayo makuru ya email ari gihamya y’umugambi w’uburiganya ugamije guhungabanya Trump, ndetse yihanangirije ko yiteguye gushyikiriza ubutabera abayobozi bari ku butegetsi bwa Obama.

Ariko umuvugizi wa Obama kuwa kabiri w’iki cyumweru yavuze ko "Nta na kimwe muri iyo raporo gishobora kunyomoza igitekerezo cyemewe na benshi ko u Burusiya bwivanze mu matora yo mu 2016, ariko ntibwashoboye kugira icyo buhindura ku majwi."

Itsinda ry’ibigo by’iperereza muri Amerika ryasohoye raporo muri Mutarama 2017 ivuga ko u Burusiya bwashakaga guhungabanya kandidatire ya Clinton no gufasha Trump gutsinda.

Abo bayobozi bagaragaje ko u Burusiya bwakoresheje imbuga nkoranyambaga z’ibinyoma n’ubujura bw’amakuru ya email y’aba-Demokarate, ariko basanze ibyo bikorwa ntibyari bifite ingaruka nini ku byavuye mu matora.

Raporo y’inteko ishinga amategeko yashyize hanze mu 2020 – yakozwe n’abasenateri b’impande zombi – na yo yemeje ko u Burusiya bwagerageje gufasha Trump mu matora yo mu 2016. Marco Rubio, ubu ni Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga, yari umwe mu basinye kuri iyo raporo nk’umusenateri w’Umurepubulikani.

Imyaka ibiri ya mbere ya manda ya Trump yari yaranzwe n’iperereza ry’ubutabera ku bijyanye n’uko yaba yarakoranye n’u Burusiya mu guhindura ibyavuye mu matora.

Raporo ya Mueller yasohotse nyuma y’iperereza ryimbitse, yemeje ko nta bimenyetso byagaragaje ko Trump cyangwa abamukoreye bakoranye na Kremlin, ndetse nta muntu n’umwe wigeze ukurikiranywa kuri ibyo byaha.

Iperereza ryihariye ryakurikiyeho, ryakozwe na John Durham, ryagaragaje ko iperereza rya FBI ryabaye rishingiye ku makuru adafite ishingiro kandi ridakoze mu buryo bwimbitse.