issa
Martin Fayulu yatangiye kwishyira hamwe na Tshisekedi basanzwe bazirana

Martin Fayulu yatangiye kwishyira hamwe na Tshisekedi basanzwe bazirana

Jan 1, 2026 - 13:00
 0

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Martin Fayulu, yatangaje ko yahinduye icyerekezo cya politiki, ashyira imbere inyungu rusange z’igihugu mu gihe RDC ikomeje guhura n’ibibazo bikomeye by’umutekano, by’umwihariko mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru n’iya Kivu y’Amajyepfo.


Martin Fayulu, watsinzwe mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu Ukuboza 2018 ariko ntiyigeze yemera ibyavuye mu matora, yakomeje kugaragaza ko ari we watsinze ayo matora. Uyu mwanya yawugumanye no mu matora yo mu Ukuboza 2023, aho yanagize uruhare, anasaba abayoboke be kutitabira amatora y’inteko ishinga amategeko, agaragaza ko atizeraga inzira y’amatora.

Icyakora, isubukurwa ry’inyeshyamba za AFC/M23, ndetse n’ifatwa ry’ibice binini by’ubutaka mu Burasirazuba bwa RDC, byatumye Fayulu ahindura uko abona ibintu. Ubu avuga ko ashyira imbere inyungu z’igihugu kurusha inyungu za politiki, anashyigikira igitekerezo cy’ibiganiro by’igihugu bihuje impande zose, nk’inzira ishoboka yo gushaka umuti urambye w’ikibazo cy’umutekano.

Iri hinduka rya politiki ryatumye Martin Fayulu hamwe na bamwe mu bamuba hafi bagirana ibiganiro na Perezida Félix Tshisekedi. Muri ibyo biganiro, Fayulu yagaragaje ko hakenewe gutegura ibiganiro bya politiki byagutse kandi bihuriweho, bigamije guhuza Abanye-Congo bose mu gushakira hamwe ibisubizo by’ibibazo byugarije igihugu.

Yongeyeho kandi ko ari ngombwa gushyiraho icyo yise “inkambi y’igihugu”, igamije guhuza imbaraga z’abanyapolitiki n’abandi baturage bose, mu guhangana n’ibyo yita intambara y’agasuzuguro cyangwa iy’igitero igihugu cye kirimo kugabwaho n’u Rwanda nk'uko abivuga.

Martin Fayulu yatangiye kwishyira hamwe na Tshisekedi basanzwe bazirana

Jan 1, 2026 - 13:00
 0
Martin Fayulu yatangiye kwishyira hamwe na Tshisekedi basanzwe bazirana

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Martin Fayulu, yatangaje ko yahinduye icyerekezo cya politiki, ashyira imbere inyungu rusange z’igihugu mu gihe RDC ikomeje guhura n’ibibazo bikomeye by’umutekano, by’umwihariko mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru n’iya Kivu y’Amajyepfo.


Martin Fayulu, watsinzwe mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu Ukuboza 2018 ariko ntiyigeze yemera ibyavuye mu matora, yakomeje kugaragaza ko ari we watsinze ayo matora. Uyu mwanya yawugumanye no mu matora yo mu Ukuboza 2023, aho yanagize uruhare, anasaba abayoboke be kutitabira amatora y’inteko ishinga amategeko, agaragaza ko atizeraga inzira y’amatora.

Icyakora, isubukurwa ry’inyeshyamba za AFC/M23, ndetse n’ifatwa ry’ibice binini by’ubutaka mu Burasirazuba bwa RDC, byatumye Fayulu ahindura uko abona ibintu. Ubu avuga ko ashyira imbere inyungu z’igihugu kurusha inyungu za politiki, anashyigikira igitekerezo cy’ibiganiro by’igihugu bihuje impande zose, nk’inzira ishoboka yo gushaka umuti urambye w’ikibazo cy’umutekano.

Iri hinduka rya politiki ryatumye Martin Fayulu hamwe na bamwe mu bamuba hafi bagirana ibiganiro na Perezida Félix Tshisekedi. Muri ibyo biganiro, Fayulu yagaragaje ko hakenewe gutegura ibiganiro bya politiki byagutse kandi bihuriweho, bigamije guhuza Abanye-Congo bose mu gushakira hamwe ibisubizo by’ibibazo byugarije igihugu.

Yongeyeho kandi ko ari ngombwa gushyiraho icyo yise “inkambi y’igihugu”, igamije guhuza imbaraga z’abanyapolitiki n’abandi baturage bose, mu guhangana n’ibyo yita intambara y’agasuzuguro cyangwa iy’igitero igihugu cye kirimo kugabwaho n’u Rwanda nk'uko abivuga.