Police n'Ingabo z'u Rwanda bigiye gufatanya mu bikorwa byita ku iterambere n'imibereho myiza y'Abaturage
Igisirikare cy'u Rwanda (RDF), ndetse na Police batangaje ko bagiye gufatanya mu bikorwa bitandukanye by'iterambere ndetse n'imibereho myiza y'Abaturage b'u Rwanda, bikaba bigamije kwinjiza u Rwanda neza mu myaka 31 yo kwibohora.
Ni amakuru yasohotse mu itangazo rihuriweho n'izi nzego zombi ryasohotse kuri uyu wa 13 Werurwe 2025, rikaba rigaragaza ko iki gikorwa gifite insanganyamatsiko igira iti "Ubufatanye
bw'Abaturage n'inzego z'umutekano mu kwizihiza Kwibohora 31 n'imyaka 25 y'imikoranire
na Polisi y'u Rwanda."
Iri tangazo kandi rigaragaza ko ibi bikorwa bizatangira ku wa wa 17 Werurwe 2025, Ingabo na Police bakaba bagaragje ko bazafatanya n'izindi nzego zitandukanye.


Kinyarwanda
English
Swahili









