Machar yanenze Urukiko aregwa na Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo
Urubanza rwa Riek Machar, wahoze ari Visi Perezida wa Sudani y’Epfo rwatangiye kuburanishwa kuri uyu wa mbere aho ashinjwa kugaba ibitero ku ngabo za Leta ya Sudani mu ntangiriro z’uyu mwaka.
Ibi byatangajwe mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga aho yerekana uwo Riek Machar wahoze ari Visi Perezida wa Sudani y’Epfo mu bihe byashize ari mu rubanza mu murwa mukuru wa Juba bikaba ari ubwa mbere uyu munyapolitiki yari agaragaye mu ruhame kuva yashyirwa mu kato na Leta ya Sudani mu kwezi kwa Werurwe uyu mwaka.
Uyu munyapolitiki Machar akaba yageze ku rukiko rukuru rwa Juba ari kumwe n’abandi umunani bareganwa gutera ibitero bikomeye ku ngabo za gisirikare cya Sudani bagamije guhungabanya umutekano w’igihugu.
Ibi bibaye mu gihe Perezida wa Sudani y’Epfo Salva Kiir yaherukaga guhagarika Riek Machar ku nshingano ze nyuma y’uko ubushinjacyaha bumureze gutegura ibitero ndetse bikanagabwa ku ngabo za gisirikare cy’icyo gihugu mu ntangiriro z’uyu mwaka.
Uretse icyaha cyo gutera ingabo z’igihugu kandi Machar we n’abo bareganwa bashinjwe kugambanira igihugu ndetse bakaba bakurikiranyweho ibyaha bya jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu, ubwicanyi, ubugizi bwa nabi bugamije iterabwoba, no gusenya ibikorwaremezo bya Leta n’iby’ingabo bagamije gusenya umutekano wa bene gihugu.
Mu iburanisha ryafunguwe ku mugaragaro kuri uyu wa mbere umwunganizi wa Machar mu mategeko yahise anenga ububasha bw’urukiko, avuga ko nta bushobozi bwo kuburanisha Machar urwo rukiko rufite ndetse ko nta bubasha bwo kumucira urubanza ruzigera rugira.
Abunganizi ba Machar basobanuye ko kumurega mu rukiko ari ukwica amasezerano akomeye y’amahoro yo mu 2018 yashyizweho umukono hagati ya Machar na Perezida wa Sudani y’Epfo Salva Kiir, yari agamije kurangiza intambara yari yugarije Sudani y’Epfo ndetse ikaba yari imaze guhitana abarenga ibihumbi 400 bityo ko we na Salva Kiir ubwabo ko aribo bagomba kwiganirira.
Nyuma yo kumva impande zombi, urukiko rwanzuye gusubika iburanisha ruvuga ko igihe cyo kurusubukura kizamenyeshwa.


Kinyarwanda
English
Swahili









