issa
RDC: Minisitiri arashaka ko itegekonshinga rihindurwa Tshisekedi akiyamamariza manda ya gatatu

RDC: Minisitiri arashaka ko itegekonshinga rihindurwa Tshisekedi akiyamamariza manda ya gatatu

Mar 9, 2026 - 13:14
 0

Minisitiri w’Imikino n’Imyidagaduro wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yatangaje ko abona nta wundi washobora gusimbura Perezida Félix Tshisekedi, anavuga ko bagiye gutangiza ubukangurambaga bugamije guhindura itegekonshinga kugira ngo yemererwe kwiyamamariza manda ya gatatu.


Budimbu yabitangaje ubwo yaganiraga n’abarwanashyaka b’ishyaka riri ku butegetsi rya UDPS mu gace ka Kasangulu mu ntara ya Kongo-Central Province nkuko tubikesha BBC.

Mu ijambo rye, Budimbu yavuze ko batangiye gutegura inkubiri yo gusaba ihindurwa ry’itegekonshinga kugira ngo Perezida Tshisekedi azabashe kongera kwiyamamaza. 

Yagize ati: “Niba Perezida Félix Tshisekedi avuye ku butegetsi, ni nde yabusigira? Kandi se uwo yabusigira yabukoresha iki?”

Yongeyeho ko ubutegetsi bwa Tshisekedi bwagejeje igihugu ku bikorwa by’iterambere n’imibereho myiza ku baturage, bityo ko bikwiye ko aguma ku buyobozi.

Budimbu yatangaje ko ubukangurambaga bagiye gutangiza bwiswe “Tout Droit Ti na Trois”, bisobanura ko berekeje kuri manda ya gatatu ya Perezida.

Igitekerezo cya manda ya gatatu cyateje impaka

Igitekerezo cyo guhindura itegekonshinga kugira ngo Perezida Tshisekedi ashobore kwiyamamariza manda ya gatatu cyakomeje guteza impaka muri politiki ya RDC, kuko itegekonshinga ririho ritemerera Perezida kurenza manda ebyiri.

Mu mpera z’icyumweru gishize, Umunyamabanga Mukuru wa UDPS, Augustin Kabuya, na we yavuze ko bishoboka ko itegekonshinga rihindurwa, agaragaza ko no ku butegetsi bwabanje hari abayobozi barihinduye inshuro nyinshi.

Yagize ati: “Mobutu yarihinduye inshuro 17, Laurent-Désiré Kabila inshuro eshatu, na Joseph Kabila yararihinduye. None ni iki cyabuza UDPS gukora ku itegekonshinga?”

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi barabirwanya

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bamwe bamaze kwamagana iki gitekerezo. Umuyobozi wungirije wa Sena ya RDC, Bahati Lukwebo, yavuze ko adashyigikiye na gato imihate yo guhindura itegekonshinga hagamijwe kongerera manda Perezida uri ku butegetsi.

Icyakora, Sena ya RDC yaje gusohora itangazo ivuga ko amagambo ya Lukwebo yayavuze ku giti cye, ko atagaragaza umwanya w’iyo nteko muri rusange.

Perezida Félix Tshisekedi, uri ku butegetsi kuva mu mwaka wa 2019, kugeza ubu ntaratangaza niba azifuza kwiyamamariza manda ya gatatu. Gusa mu mwaka wa 2024 yavuze ko itegekonshinga rya RDC rifite “intege nkeya” kandi rikwiye kuvugururwa.

Mu gihe ibi biganiro bikomeje, ubutegetsi bwe buhanganye n’ibibazo bitandukanye birimo intambara ikomeje mu burasirazuba bwa RDC.

Amatora ya perezida ataha muri RDC ateganyijwe mu Ukuboza 2028, ari bwo manda ya kabiri ya Tshisekedi izaba irangiye.

RDC: Minisitiri arashaka ko itegekonshinga rihindurwa Tshisekedi akiyamamariza manda ya gatatu

Mar 9, 2026 - 13:14
 0
RDC: Minisitiri arashaka ko itegekonshinga rihindurwa Tshisekedi akiyamamariza manda ya gatatu

Minisitiri w’Imikino n’Imyidagaduro wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yatangaje ko abona nta wundi washobora gusimbura Perezida Félix Tshisekedi, anavuga ko bagiye gutangiza ubukangurambaga bugamije guhindura itegekonshinga kugira ngo yemererwe kwiyamamariza manda ya gatatu.


Budimbu yabitangaje ubwo yaganiraga n’abarwanashyaka b’ishyaka riri ku butegetsi rya UDPS mu gace ka Kasangulu mu ntara ya Kongo-Central Province nkuko tubikesha BBC.

Mu ijambo rye, Budimbu yavuze ko batangiye gutegura inkubiri yo gusaba ihindurwa ry’itegekonshinga kugira ngo Perezida Tshisekedi azabashe kongera kwiyamamaza. 

Yagize ati: “Niba Perezida Félix Tshisekedi avuye ku butegetsi, ni nde yabusigira? Kandi se uwo yabusigira yabukoresha iki?”

Yongeyeho ko ubutegetsi bwa Tshisekedi bwagejeje igihugu ku bikorwa by’iterambere n’imibereho myiza ku baturage, bityo ko bikwiye ko aguma ku buyobozi.

Budimbu yatangaje ko ubukangurambaga bagiye gutangiza bwiswe “Tout Droit Ti na Trois”, bisobanura ko berekeje kuri manda ya gatatu ya Perezida.

Igitekerezo cya manda ya gatatu cyateje impaka

Igitekerezo cyo guhindura itegekonshinga kugira ngo Perezida Tshisekedi ashobore kwiyamamariza manda ya gatatu cyakomeje guteza impaka muri politiki ya RDC, kuko itegekonshinga ririho ritemerera Perezida kurenza manda ebyiri.

Mu mpera z’icyumweru gishize, Umunyamabanga Mukuru wa UDPS, Augustin Kabuya, na we yavuze ko bishoboka ko itegekonshinga rihindurwa, agaragaza ko no ku butegetsi bwabanje hari abayobozi barihinduye inshuro nyinshi.

Yagize ati: “Mobutu yarihinduye inshuro 17, Laurent-Désiré Kabila inshuro eshatu, na Joseph Kabila yararihinduye. None ni iki cyabuza UDPS gukora ku itegekonshinga?”

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi barabirwanya

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bamwe bamaze kwamagana iki gitekerezo. Umuyobozi wungirije wa Sena ya RDC, Bahati Lukwebo, yavuze ko adashyigikiye na gato imihate yo guhindura itegekonshinga hagamijwe kongerera manda Perezida uri ku butegetsi.

Icyakora, Sena ya RDC yaje gusohora itangazo ivuga ko amagambo ya Lukwebo yayavuze ku giti cye, ko atagaragaza umwanya w’iyo nteko muri rusange.

Perezida Félix Tshisekedi, uri ku butegetsi kuva mu mwaka wa 2019, kugeza ubu ntaratangaza niba azifuza kwiyamamariza manda ya gatatu. Gusa mu mwaka wa 2024 yavuze ko itegekonshinga rya RDC rifite “intege nkeya” kandi rikwiye kuvugururwa.

Mu gihe ibi biganiro bikomeje, ubutegetsi bwe buhanganye n’ibibazo bitandukanye birimo intambara ikomeje mu burasirazuba bwa RDC.

Amatora ya perezida ataha muri RDC ateganyijwe mu Ukuboza 2028, ari bwo manda ya kabiri ya Tshisekedi izaba irangiye.