M23 yaburiye byeruye Leta ya Congo
Abarwanyi ba M23, batangaza ko batazakomeza kwihanganira ubwicanyi Leta ya Congo ikomeje gukorera inzirakarengane ziganjemo Abanyamulenge.
Byatangajwe n’umuyobozi w’aba barwanyi Bertrand Bisimwa kuri uyu wa Kabiri taliki 04 Werurwe aho yavuze ko umutwe ayoboye utazakomeza kurebera abaturage bicwa kandi nta cyaha bakoze.
Yakomeje agira ati: “Ubwicanyi nk’ubu bwibasira abaturage batitwaje intwaro ntibwakabaye bwihanganirwa, bukwiye kwamaganwa. Niba isi yarahisemo guceceka kuri ibi bikorwa by’ubugizi bwa nabi bya Leta ya Kinshasa ishyigikiwe n’ibihugu bimwe na bimwe, AFC/M23 ntizigera irebera ubwicanyi bw’abaturage b’inzirakarengane, tuzafata inshingano zacu.”
Kugeza ubu ibice bitandukanye by’intara ya Kivu y’Amajyaruguru n’iy'Epfo biri mu maboko ya M23 aho ikomeje guhashya ihuriro ry’Ingabo za FARDC. Leta ya Kinshansa iherutse gutangaza ko nta biganiro izagirana n’aba barwanyi.


Kinyarwanda
English
Swahili









