DRC: Tshisekedi yakiriye intumwa ya Perezida Faure Gnassingbe
Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,yakiriye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w'ububanyi no kwishyira hamwe kw’akarere ndetse n’Abanya Togo baba mu mahanga, Robert Dussey.
Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu taliki 07 Gicurasi 2025, Kibera mu ngoro y’umukuru w’Igihugu izwi nka Cité de l’Union africaine i Kinshasa.
Media Congo itangaza ko uyu Minisitiri Robert, yaje i Kinshasa mu izina rya perezida wa Togo Faure Gnassingbe, usanzwe ari umuhuza mu bikorwa byo gushaka amahoro arambye mu Burasirazuba bwa DRC, bityo ngo akaba yaraje mu rwego rwo kugaragaza aho intambwe y’ubuhuza amaze guterwa igeze.
Yagize ati: “Naje i Kinshasa mu izina rya Perezida Faure Gnassingbe kugira ngo ntange raporo ku ntambwe amaze gutera mu rwego rw’akazi ke k’ubuhuza, kugira ngo bagarure amahoro mu burasirazuba bwa DRC.”
Mu kwezi gushize kwa mata, Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), ni yo yagize Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé, umuhuza mu bibazo bikomeje kurangwa mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.


Kinyarwanda
English
Swahili









