Edgar Lungu, wahoze ari Perezida wa Zambia, yitabye Imana afite imyaka 68
Edgar Lungu, wahoze ari Perezida wa Zambia, yitabye Imana afite imyaka 68 y’amavuko.
Edgar Chagwa Lungu, wab aye Perezida wa Gatandatu wa Zambia kuva ku wa 26 Mutarama 2015 kugeza ku wa 24 Kanama 2021, yitabye Imana kuri uyu wa Kane, tariki ya 5 Kamena 2025, afite imyaka 68. Yaguye mu bitaro bya Mediclinic Medforum biherereye i Pretoria muri Afurika y’Epfo, aho yari arwariye.
Itangazo ryasohowe n’ishyaka rye rya Patriotic Front ryemeje urupfu rwe, rivuga ko yari amaze igihe ari mu buvuzi bwihariye. Umukobwa we, Tasila Lungu Mwansa, nawe akaba ari umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Zambia, yemeje aya makuru mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko se yari amaze ibyumweru ari mu buvuzi bwihariye.
Edgar Lungu yavutse ku wa 11 Ugushyingo 1956. Yize amategeko muri Kaminuza ya Zambia, aho yakuye impamyabumenyi ya LL.B mu 1981. Yatangiye umwuga w’ubucamanza mbere yo kwinjira muri politiki. Yabaye Minisitiri w’Ubutabera n’uw’Ingabo muri guverinoma ya Perezida Michael Sata.
Nyuma y’urupfu rwa Perezida Sata mu 2014, Lungu ni we washyizweho nk’umusimbura by’agateganyo, mbere yo gutsinda amatora yo muri Mutarama 2015. Yongeye gutorerwa manda yuzuye mu 2016. Mu matora ya 2021, yatsinzwe na Hakainde Hichilema, wari umaze igihe ari mu batavuga rumwe n’ubutegetsi.
Nyuma yo kuva ku butegetsi, Lungu yari yarahagaritse ibikorwa bya politiki, ariko mu 2023 yaragarutse, ayobora ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi rizwi nka Tonse Alliance. Yari yitezweho kongera kwiyamamariza kuyobora Zambia mu matora ya 2026, ariko mu Ukuboza 2024, Urukiko Rushinzwe Itegeko Nshinga rwamuhamije ko atemerewe kongera kwiyamamaza.
Edgar Lungu yari yarashakanye na Esther Lungu kuva mu 1986, bakaba barabyaranye abana batandatu, barimo Tasila Lungu Mwansa, umudepite uhagarariye agace ka Chawama. Umuryango we uzwiho kuba usenga mu idini rya Baptist.
Ishyaka rya Patriotic Front ryatangaje ko gahunda yo kumuherekeza no kumusezeraho izatangazwa mu minsi iri imbere. Urupfu rwa Lungu rubaye igihombo gikomeye ku gihugu cya Zambia, cyane cyane ku bayoboke be n’abamushyigikiye mu rugendo rwe rwa politiki.
Abanyarwanda benshi bibuka Edgar Lungu nk’umuyobozi w’icyubahiro, wakomeje umubano mwiza hagati ya Zambia n’u Rwanda. Urupfu rwe rwababaje benshi, by’umwihariko bamwe bamubonamo urugero rw’umuyobozi wihariye mu karere k’Afurika y’Amajyepfo.


Kinyarwanda
English
Swahili









