issa
Umukino wo kwishyura wa Rayon Sports na APR FC washyizwe mu y'inyuma

Umukino wo kwishyura wa Rayon Sports na APR FC washyizwe mu y'inyuma

Jan 14, 2026 - 09:05
 0

Umukino wo kwishyura hagati ya Rayon Sports na APR FC, washyizwe mu mikino y'inyuma isoza Shampiyona Saison 2025/2026.


Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Mutarama 2026, nibwo Rwanda Premier League ishinzwe gutegura imikino ya Shampiyona y'u Rwanda, yashyize ahagaragara ingengabihe y'imikino yo kwishyura ya Shampiyona[Phase Retour].

Ni imikino biteganyijwe ko izatangira tariki 30 Mutarama 2026. Umwe mu mikino ikomeye izatangira kuri uyu munsi wa 18, ni uwuzahuza ikipe ya Rayon Sports izaba yasuye AS Kigali ndetse n'umukino uzahuza Gasogi United na APR FC.

Iyo hasohotse ingengabihe benshi baba bareba igihe umukino ugomba guhuza Rayon Sports na APR FC uzabera. Uyu mukino washyizwe ku munsi wa 29, aho biteganyijwe ko uzaba tariki 2 Gicurasi 2026. Umukino ubanza wakiriwe na APR FC kuri Sitade Amahoro warangiye Rayon Sports itsinzwe ibitego 3-0. Uyu mukino kandi nawo uzabera muri Sitade Amahoro.

Mu gihe nta mukino ubanza ikipe ya APR FC irakina na Al Hilal Omdurman, umukino wo kwishyura wo uteganyijwe kuba ku munsi wa 30, aho uzaba tariki 7 Gicurasi 2026, nyuma y'iminsi itanu gusa ikinnye na Rayon Sports.

Nkuko bigaragara kuri iyi Ngengabihe, Rwanda Premier League yemeje ko Shampiyona y'u Rwanda Saison 2025/2026, izarangirana n'ukwezi kwa Gicurasi mu matariki ari hagati ya 29 -31.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Umukino wo kwishyura wa Rayon Sports na APR FC washyizwe mu y'inyuma

Jan 14, 2026 - 09:05
 0
Umukino wo kwishyura wa Rayon Sports na APR FC washyizwe mu y'inyuma

Umukino wo kwishyura hagati ya Rayon Sports na APR FC, washyizwe mu mikino y'inyuma isoza Shampiyona Saison 2025/2026.


Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Mutarama 2026, nibwo Rwanda Premier League ishinzwe gutegura imikino ya Shampiyona y'u Rwanda, yashyize ahagaragara ingengabihe y'imikino yo kwishyura ya Shampiyona[Phase Retour].

Ni imikino biteganyijwe ko izatangira tariki 30 Mutarama 2026. Umwe mu mikino ikomeye izatangira kuri uyu munsi wa 18, ni uwuzahuza ikipe ya Rayon Sports izaba yasuye AS Kigali ndetse n'umukino uzahuza Gasogi United na APR FC.

Iyo hasohotse ingengabihe benshi baba bareba igihe umukino ugomba guhuza Rayon Sports na APR FC uzabera. Uyu mukino washyizwe ku munsi wa 29, aho biteganyijwe ko uzaba tariki 2 Gicurasi 2026. Umukino ubanza wakiriwe na APR FC kuri Sitade Amahoro warangiye Rayon Sports itsinzwe ibitego 3-0. Uyu mukino kandi nawo uzabera muri Sitade Amahoro.

Mu gihe nta mukino ubanza ikipe ya APR FC irakina na Al Hilal Omdurman, umukino wo kwishyura wo uteganyijwe kuba ku munsi wa 30, aho uzaba tariki 7 Gicurasi 2026, nyuma y'iminsi itanu gusa ikinnye na Rayon Sports.

Nkuko bigaragara kuri iyi Ngengabihe, Rwanda Premier League yemeje ko Shampiyona y'u Rwanda Saison 2025/2026, izarangirana n'ukwezi kwa Gicurasi mu matariki ari hagati ya 29 -31.