issa
Uganda: Leta yakuyeho internet mbere y’amatora

Uganda: Leta yakuyeho internet mbere y’amatora

Jan 14, 2026 - 08:40
 0

Ikigo gishinzwe itumanaho muri Uganda (UCC) cyategetse kompanyi zitanga internet muri iki gihugu kuyihagarika guhera kuri uyu wa 13 Mutarama 2206 saa kumi n’ebyiri z’umugoroba ku isaha yaho, kugeza igihe zizamenyeshwa igihe cyo kuyisubizaho. Ibi byatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye bikorera muri Uganda byabonye kopi y’ibaruwa iki kigo cyandikiye izo kompanyi.


Iki cyemezo gifashwe mu gihe Uganda yitegura amatora y’umukuru w’igihugu n’abadepite ateganyijwe kuba ku wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, nyuma y’uko ibikorwa byo kwiyamamaza byemejwe ko birangiye.

Nk’uko iyo baruwa ibigaragaza, UCC yasabye kompanyi zitanga serivisi za internet guhagarika izo serivisi zose no gutegereza andi mabwiriza mashya azagena igihe internet izongera gusubizwaho.

Uyu mwanzuro wahise wamaganwa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, barimo Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, umukandida uhanganye n’ubutegetsi buriho. Bobi Wine yavuze ko iki gikorwa ari uguhonyora uburenganzira bw’abaturage bwo kubona amakuru no gutanga ibitekerezo byabo mu gihe cy’ingenzi cy’amatora.

Mu cyumweru gishize, Bobi Wine yari yatangaje ko afite amakuru y’uko leta ya Uganda yari ifite umugambi wo gukuraho internet mu gihe cy’amatora, nk’uko byagenze mu matora yo mu 2021. Icyakora, ku wa Kabiri ushize, abategetsi bari batangaje ko internet itazakurwaho muri aya matora, bitandukanye n’ibyabaye mbere.

UCC yasobanuye ko iki cyemezo cyafashwe hagamijwe “kwirinda ikwirakwira ry’amakuru atari yo, amakuru ayobya, ubujura bw’amajwi ndetse no guhamagarira urugomo,” byose bishobora guhungabanya umutekano w’igihugu mu gihe cy’amatora.

Ku rundi ruhande, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko gukuraho internet muri iki gihe bigamije gufunga imiyoboro y’itumanaho ryigenga, bigatuma amakuru ajyanye n’ibiri kuba mu gihugu atagera ku baturage, uretse ayagenzuwe na leta anyuzwa mu bitangazamakuru byayo.

Iki cyemezo gikomeje guteza impaka nyinshi mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga, aho imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ikunze kunenga Uganda ku gukuraho internet mu bihe by’amatora, ivuga ko bigira ingaruka ku mucyo, demokarasi n’uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo.

Uganda: Leta yakuyeho internet mbere y’amatora

Jan 14, 2026 - 08:40
Jan 14, 2026 - 08:42
 0
Uganda: Leta yakuyeho internet mbere y’amatora

Ikigo gishinzwe itumanaho muri Uganda (UCC) cyategetse kompanyi zitanga internet muri iki gihugu kuyihagarika guhera kuri uyu wa 13 Mutarama 2206 saa kumi n’ebyiri z’umugoroba ku isaha yaho, kugeza igihe zizamenyeshwa igihe cyo kuyisubizaho. Ibi byatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye bikorera muri Uganda byabonye kopi y’ibaruwa iki kigo cyandikiye izo kompanyi.


Iki cyemezo gifashwe mu gihe Uganda yitegura amatora y’umukuru w’igihugu n’abadepite ateganyijwe kuba ku wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, nyuma y’uko ibikorwa byo kwiyamamaza byemejwe ko birangiye.

Nk’uko iyo baruwa ibigaragaza, UCC yasabye kompanyi zitanga serivisi za internet guhagarika izo serivisi zose no gutegereza andi mabwiriza mashya azagena igihe internet izongera gusubizwaho.

Uyu mwanzuro wahise wamaganwa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, barimo Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, umukandida uhanganye n’ubutegetsi buriho. Bobi Wine yavuze ko iki gikorwa ari uguhonyora uburenganzira bw’abaturage bwo kubona amakuru no gutanga ibitekerezo byabo mu gihe cy’ingenzi cy’amatora.

Mu cyumweru gishize, Bobi Wine yari yatangaje ko afite amakuru y’uko leta ya Uganda yari ifite umugambi wo gukuraho internet mu gihe cy’amatora, nk’uko byagenze mu matora yo mu 2021. Icyakora, ku wa Kabiri ushize, abategetsi bari batangaje ko internet itazakurwaho muri aya matora, bitandukanye n’ibyabaye mbere.

UCC yasobanuye ko iki cyemezo cyafashwe hagamijwe “kwirinda ikwirakwira ry’amakuru atari yo, amakuru ayobya, ubujura bw’amajwi ndetse no guhamagarira urugomo,” byose bishobora guhungabanya umutekano w’igihugu mu gihe cy’amatora.

Ku rundi ruhande, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko gukuraho internet muri iki gihe bigamije gufunga imiyoboro y’itumanaho ryigenga, bigatuma amakuru ajyanye n’ibiri kuba mu gihugu atagera ku baturage, uretse ayagenzuwe na leta anyuzwa mu bitangazamakuru byayo.

Iki cyemezo gikomeje guteza impaka nyinshi mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga, aho imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ikunze kunenga Uganda ku gukuraho internet mu bihe by’amatora, ivuga ko bigira ingaruka ku mucyo, demokarasi n’uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo.