issa
Uganda yohereje 'Special Force' i Juba muri Sudan y'Epfo

Uganda yohereje 'Special Force' i Juba muri Sudan y'Epfo

Mar 11, 2025 - 11:39
 0

Uganda yohereje umubare utazwi w'ingabo ' UPDF' muri Sudani y'Amajyepfo mu rwego rwo kurinda guverinoma  ya Perezida Salva Kiir mu gihe  hari icyikango ko Riek Machar ashobora kongera gushoza intambara kuri Leta.


Maj. Gen. Felix Kulayigye, umuvugizi w'igisirikare cya Uganda, yatangaje ko ingabo zidasanzwe za Uganda (Special Force) zoherejwe mu murwa mukuru wa Sudani y'Amajyepfo i Juba  kugira ngo barwanye inyeshyamba zishobora gutera muri uyu mujyi.

 Ati: "twohereje ingabo mu minsi ibiri ishize.”

Kiir na Museveni  basanzwe ari  abafatanyabikorwa nyuma y’uko amufashije kuguma ku butegetsi.

Kohereza ingabo za Uganda muri Sudani y'Amajyepfo, birashimangira amakimbirane akomeje kwiyongera mu gihugu gikungahaye kuri peteroli cyugarijwe n'umutekano muke wa politiki n'ihohoterwa kuva  cyabona ubwigenge muri 2011.

Kuri ubu iyi ntambara yongeye  gututumba muri Sudan y’Epfo , yabaye  igikangisho nyuma y’uko umwuka wa politiki urushijeho kuba mubi hagati ya Perezida Salva Kiir na Visi-Perezida we, Riek Machar. Imvururu ziheruka kubera muri Leta ya Upper Nile, zasize impande zombi zihanganye, byatumye ibihugu by’amahanga, by’umwihariko Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bifata ingamba zo gukuramo abakozi babo.

 

 

 

Uganda yohereje 'Special Force' i Juba muri Sudan y'Epfo

Mar 11, 2025 - 11:39
 0
Uganda yohereje 'Special Force' i Juba muri Sudan y'Epfo

Uganda yohereje umubare utazwi w'ingabo ' UPDF' muri Sudani y'Amajyepfo mu rwego rwo kurinda guverinoma  ya Perezida Salva Kiir mu gihe  hari icyikango ko Riek Machar ashobora kongera gushoza intambara kuri Leta.


Maj. Gen. Felix Kulayigye, umuvugizi w'igisirikare cya Uganda, yatangaje ko ingabo zidasanzwe za Uganda (Special Force) zoherejwe mu murwa mukuru wa Sudani y'Amajyepfo i Juba  kugira ngo barwanye inyeshyamba zishobora gutera muri uyu mujyi.

 Ati: "twohereje ingabo mu minsi ibiri ishize.”

Kiir na Museveni  basanzwe ari  abafatanyabikorwa nyuma y’uko amufashije kuguma ku butegetsi.

Kohereza ingabo za Uganda muri Sudani y'Amajyepfo, birashimangira amakimbirane akomeje kwiyongera mu gihugu gikungahaye kuri peteroli cyugarijwe n'umutekano muke wa politiki n'ihohoterwa kuva  cyabona ubwigenge muri 2011.

Kuri ubu iyi ntambara yongeye  gututumba muri Sudan y’Epfo , yabaye  igikangisho nyuma y’uko umwuka wa politiki urushijeho kuba mubi hagati ya Perezida Salva Kiir na Visi-Perezida we, Riek Machar. Imvururu ziheruka kubera muri Leta ya Upper Nile, zasize impande zombi zihanganye, byatumye ibihugu by’amahanga, by’umwihariko Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bifata ingamba zo gukuramo abakozi babo.