Ubuyobozi bwa Federasiyo ya Basketball mu Rwanda bwaburiye abakinnyi birengagiza ikipe y’igihugu
Ishyirahamwe ry’umukino w’amaboko hano mu Rwanda, FERWABA, ryatangaje ko Shampiyona ya 2026 izatangira tariki 24 Mutarama 2026 ndetse yemeza ibihano bizajya bihabwa umukinnyi wanze kwitabira ikipe y’igihugu.
Ibi byafashweho umwanzuro mu nteko rusange y’iri shyirahamwe rya Basketball, yabaye ku wa Gatandatu tariki 6 Ukuboza 2025. Si iki gusa cyavugiwe muri iyi nteko rusange ahubwo hemejwe n’abanyamuryango bashya binjijwe muri Shampiyona ndetse n’bindi bitandukanye.
Ikipe zirimo Inspired Generation na East African University Rwanda (EAUR), zabonye itike yo kuzakina shampiyona y'icyiciro cya mbere mu bagabo ya 2026 nyuma yo kuzamuka zivuye mu cyiciro cya kabiri. Ubwo nyuma yo kuzamuka kw’aya makipe abiri byatumye ikipe ya Espoir BBC impanuka mu cyiciro cya kabiri nyuma yo kuba iya nyuma muri Shampiyona y’uyu mwaka wa 2025.
Muri iyi nteko rusange ya FERWABA byemerejwemo ko Super Cup muri BBC igomba kuba tariki 23 Mutarama 2026, bivuze ko izaba mbere y’umunsi umwe kugira ngo shampiyona itangire. Irushanwa rya Rwanda Cup biteganyijwe ko rizakinwa nyuma y'imikino yo kwishyura ya shampiyona, bityo ikazajya ibanziriza Playoffs.
Ikibazo cya Orion BBC cyo kutishyura abakozi bayo nacyo kiri mu byavuzweho muri iyi nteko rusange ndetse haza gufatwa umwanzuro ko iyi kipe ikurwa muri Shampiyona kubera amadeni ifitiye abakozi bayo.
Ikipe bita AZOMCO yemejwe nk'umunyamuryango mushya wa FERWABA ariko mu buryo by'agateganyo. Amakipe arimo Gisimba Memorial Center na Ujamaa Sport academy nizo kipe zasabye kujya muri Shampiyona y'lcyiciro cya Kabiri 2026, ndetse zaranemerewe.
Muri Basketball naho amategeko y’abanyamahanga yongeye kugarukwaho ndetse bifatwaho umwanzuro kimwe no mu yindi mikino itandukanye ibarizwa hano mu Rwanda.
FERWABA mu myanzuro yasohoye yatangaje ko ikipe yemerewe kugira abanyamahanga 6 mu bakinnyi 20 isanzwe yemererewe kwandikisha. Byemejwe kandi ko abanyanyamahanga 3 ari bo bemewe kujya ku rutonde rw'abakina umukino ndetse muri abo batatu, umukinnyi 1 agomba kuba akomoka ku mugabane w'Afurika.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amaboko hano mu Rwanda, FERWABA ryemejwe ko umukinnyi utazitabira ubutumire bw'ikipe y'igihugu, mu gihe ikipe ye asanzwe akinira yamutanze, azahagarikwa umwaka umwe mu bikorwa bya basketball mu Rwanda.


Kinyarwanda
English
Swahili









