issa
Ubutegetsi bwa Amerika  bwiteguye gutanga 1000 $  kuri buri  mwimukira uzemera gusubira aho yaturutse ku bushake

Ubutegetsi bwa Amerika bwiteguye gutanga 1000 $ kuri buri mwimukira uzemera gusubira aho yaturutse ku bushake

May 6, 2025 - 11:57
 0

Ubuyobozi bwa Amerika (USA), bwatangaje ko bwiteguye gutanga imperekeza y'amadolari 1000 ku bimukira biteguye gusubira mu bihugu baturutsemo ku bushake.


Taliki 5 Gicurasi, ni bwo Trump yavuze ko abimukira bazibwiriza kuva muri Amerika, bazaba bafite amahirwe yo gusubira muri iki gihugu, bahagabwa ibyangombwa mu gihe byagaragara ko ari abantu beza, bakunda Amerika.

Yavuze ko kandi abazibwiriza gutaha bazajya bahabwa 1000$, ndetse bakanaherekezwa neza.

Kristi Noem , Minisitiri w’Umutekano w’Imbere, yatangaje ko kwibwiriza kuva muri Amerika ari bwo buryo bwiza ku bimukira batemewe n’amategeko kuko ari bwo bwabarinda gutabwa muri yombi.

Aba bimukira banashyiriweho porogaramu(Program) yitwa ‘CBP Home App’, ibafasha kumenyesha Minisitireri y’Umutekano ko biteguye gusubira mu bihugu byaturutsemo ku bushake.

Minisitiri Noem yatangaje ko umwimukira utemewe n’amategeko uzamenyesha Leta ko ashaka gusubira mu gihugu yaturutsemo, azahabwa tike y’indege imucyura ndetse n’Amadolari igihumbi.

Yagize ati “Minisiteri y’Umutekano w’Imbere iri gutanga ubufasha bw’amafaranga ku bimukira batemewe  n’igihembo kugira ngo basubire iwabo , binyuze muri CBP Home App.”

Trump ubwo yatangiraga  kwiyamamaza kuyobora Amerika, yarahiriye kwirukana ku bwinshi abimukira batemewe n’amategeko, ndetse yaranabibasiye bikomeye, abita abagizi ba nabi

 

Ubutegetsi bwa Amerika bwiteguye gutanga 1000 $ kuri buri mwimukira uzemera gusubira aho yaturutse ku bushake

May 6, 2025 - 11:57
 0
Ubutegetsi bwa Amerika  bwiteguye gutanga 1000 $  kuri buri  mwimukira uzemera gusubira aho yaturutse ku bushake

Ubuyobozi bwa Amerika (USA), bwatangaje ko bwiteguye gutanga imperekeza y'amadolari 1000 ku bimukira biteguye gusubira mu bihugu baturutsemo ku bushake.


Taliki 5 Gicurasi, ni bwo Trump yavuze ko abimukira bazibwiriza kuva muri Amerika, bazaba bafite amahirwe yo gusubira muri iki gihugu, bahagabwa ibyangombwa mu gihe byagaragara ko ari abantu beza, bakunda Amerika.

Yavuze ko kandi abazibwiriza gutaha bazajya bahabwa 1000$, ndetse bakanaherekezwa neza.

Kristi Noem , Minisitiri w’Umutekano w’Imbere, yatangaje ko kwibwiriza kuva muri Amerika ari bwo buryo bwiza ku bimukira batemewe n’amategeko kuko ari bwo bwabarinda gutabwa muri yombi.

Aba bimukira banashyiriweho porogaramu(Program) yitwa ‘CBP Home App’, ibafasha kumenyesha Minisitireri y’Umutekano ko biteguye gusubira mu bihugu byaturutsemo ku bushake.

Minisitiri Noem yatangaje ko umwimukira utemewe n’amategeko uzamenyesha Leta ko ashaka gusubira mu gihugu yaturutsemo, azahabwa tike y’indege imucyura ndetse n’Amadolari igihumbi.

Yagize ati “Minisiteri y’Umutekano w’Imbere iri gutanga ubufasha bw’amafaranga ku bimukira batemewe  n’igihembo kugira ngo basubire iwabo , binyuze muri CBP Home App.”

Trump ubwo yatangiraga  kwiyamamaza kuyobora Amerika, yarahiriye kwirukana ku bwinshi abimukira batemewe n’amategeko, ndetse yaranabibasiye bikomeye, abita abagizi ba nabi