U Rwanda rwegukanye umudali wa Zahabu muri Shampiyona Nyafurika y’amagare
Akimana Donatha usiganwa mu bakiri bato batarengeje imyaka 17 y’amavuko mu mukino wo gusiganwa ku magare, yegukanye umudali wa Zahabu ku munsi wa mbere wa Shampiyona Nyafurika y’Amagare ya 2025.
Ku wa 21 Ugushyingo 2025, ni bwo mu Mujyi wa Mombasa muri Kenya hakomeje kubera aya masiganwa ari kubera mu muhanda.
Icyiciro cyabanje gukinwa ni icy’amakipe y’abagore n’abagabo bavanze basiganwa n’ibihe. Aha Ikipe y’u Rwanda yarimo abakinnyi batandatu barimo abagore batatu n’abagabo batatu barimo Tuyizere Etienne, Mugisha Moise, Nsengiyumva Shemu, , Ingabire Diane, Nirere Xaveline na Ntakirutimana Martha.
Aba basoreje ku mwanya wa kabiri babona umudali w’Umuringa bakoresheje igiteranyo cy’iminota 35 n’amasegonda 24.
Muri iki cyiciro ikipe y’Igihugu y’Ibirwa bya Maurice ni yo yabaye iya mbere isigaho u Rwanda iby’ijana bitatu mu gihe Algeria yo yegukanye umwanya wa Gatatu bayirusha 53.
Hakurikiye isiganwa ryo mu muhanda ku b’abangavu bari munsi y’imyaka 19 bakoze ibilometero 64,5 maze uwitwa Kahsay Tsige wo muri Ethiopia yegukanye umudali wa Zahabu, akoresheje amasaha abiri n’amasegonda abiri, anganya ibihe na Yvonne Masengesho w’Umunyarwandakazi watwaye umudali wa Feza na Grmay Kssanet na we ukomoka muri Ethiopia wabaye uwa Gatatu.
Mu bakinnyi babahungu bari munsi y’imyaka 17 bakoze ibilometero 42 bahizwe n’Abanya-Algeria batatu barimo Bechelaghem Saad wakoze isaha imwe n’iminota itanu n’amasegonda 18, Allal Abdellah na Gagueche Ahmed Ilyes basizwe umunota umwe n’amasegonda 42.
Abanyarwanda babiri ni bo bahatanye muri iki cyiciro, aho Shema Emmanuel yabaye uwa Gatandatu arushwa umunota umwe n’amasegonda 44, Gisubizo Issa aba uwa munani banganya ibihe.
Mu cyiciro cy’abakiri bato, Akimana Donatha yabaye uwa mbere yegukana umudali wa Zahabu akoresheje iminota 44 n’amasegonda 41 ku ntera y’ibilometero 28, El Sayed Joudy wo mu Misiri ramukurikira arushwa amasegonda abiri mu gihe Beamish Olivia wo muri Zimbabwe yarushijwe amasegonda atanu.
Iransetsa Amina na we wasiganwe muri iki cyiciro yasoje ku mwanya wa 11 arushwa umunota umwe n’amasegonda 39 n’uwa mbere.
Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire, we yashimiye abakinnyi bahagarariye u Rwanda muri Shampiyona y'isi y'Amagare iri kubera mu gihugue cya Kenya, bitewe nuko barimo kwitwara.
Yagize ati "Abakinnyi bahagarariye u Rwanda muri shampiyona nyafurika y'Amagare, ndabashimiye cyane uko muri kwitwara ndetse n'imidari mu maze kwegukanye."
Biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22 Ugushyingo 2025, Shampiyona Nyafurika irakomeza hakinwa isiganwa ryo kwishimisha n’abagore bakuze basiganwa mu muhanda.
Masengesho Yvonne ari mu bakinnyi bitwaye neza kuri uyu munsi


Kinyarwanda
English
Swahili









