Haringingo arifuza kongeramo intwaro Kiyovu Sports ikajya ku rundi rwego
Umutoza wa Kiyovu Sports, Haringingo Francis, arifuza kubaka iyi kipe ikaba iyihangana cyane muri Shampiyona.
Ku wa Kane tariki 18 Ukuboza 2025, ikipe ya Kiyovu Sports yakinnye umukino wa Shampiyona na Al Hilal Omdurman urangira yitwaye neza itsinda ibitego 2-1. Ni umukino ikipe ya Kiyovu Sports yakinnye neza ariko bigirwamo uruhare runini n’umutoza Haringingo Francis warushije umutoza wa Al Hilal Omdruman, Laurentiu Aurelian.
Nyuma y’uyu mukino Haringingo Francis yagarutse ku mikino myinshi ikipe ye irimo gukina yemeza ko bigoye cyane kuko abakinnyi bari ku rwego rwiza ari bacye bitandukanye n’andi makipe nka Police FC.
Yagize ati “ Urebye muri Shampiyona turimo gukina imikino itatu mu cyumweru, ni ibintu bikomeye bisaba uburyo. Urebye amakipe ubu ahagaze neza, harimo Police FC kuko urebye uko baruhuka birahagije. Ariko twebwe hari igihe turwana n’ibindi bintu, bikagusaba gusimbuza n’ubushobozi tuba dufite bwo kuguma kugerageza kugumana abakinnyi bameze neza.”
Haringingo Francis avuga ko bagiye kugerageza kujya bahindura abakinnyi kugira ngo hagire ababona umwanya ndetse babashe no kugira abo baruhura. Uyu mutoza kandi yemeza ko Imana ibafashije bakabona ubushobozi bakubaka Kiyovu Sports ishobora guhangana.
Yagize ati “ Ngiye kugerageza guhindura abakinnyi kugira ngo bamwe babone umwanya wo gukina abandi babashe kuruhuka. Iyi kipe Imana idufashije, tukabona ubushobozi twakomereza kuri iyi kipe tukayubaka yaba ari ikipe ikomeye ishobora guhangana.”
Ikipe ya Kiyovu Sports nyuma yo gutsinda abakunzi bayo bagaragaje ibyishimo bidasanzwe ndetse bamwe bashimira ubuyobzozi bw’Intare FC bwabatije abakinnyi barimo Uwineza Rene, Niyo David ndetse n’abandi bari mu bari gufasha Kiyovu Sports.
UKWELITIMES tuganira na Uwineza Jean Rene wahesheje ikipe ya Kiyovu Sports amanota atatu nyuma yo gutsinda igitego cya kabiri, yatangaje ko yifuza ko abakunzi b’iyi kipe bagaruka ku kibuga ndetse ko nawe ubwe yifuza guhamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi.
Kiyovu Sports nyuma yo kubona amanta atatu yahise ufata umwanya wa Kane ku rutinde rw’Agateganyo rwa Shampiyona n’amanota 19. Iyi kipe umukino izakurikizaho izakina na Rutsiro FC kuri iki cyumweru tariki 21 Ukuboza 2025.
Haringingo Francis arifuza kongeramo abakinnyi Kiyovu Sports ikaba ikipe ikomeye cyane


Kinyarwanda
English
Swahili









