
Trump akomeje guterwa imijugujugu n'abinubira ubutegetsi bwe
Ibihumbi n'ibihumbi by’abantu mu mijyi itandukanye muri Reta Zunze Ubumwe za Amerika bateraniye mu myigaragambyo yo kwamagana Perezida Donald Trump bagaragaza ko batamushyigikiye kuva yagera ku butegetsi.
Abateguye iyo myigaragambyo yiswe "Hands Off" ejo hashize ku wa gatandatu, bari bafite intumbero yo kuyikorera mu bice bigera ku 1.200, harimwo no mu ntara zose 50 zigize Amerika. Ibihumbi n'ibihumbi byitabiriye iyi myigaragambyo harimwo abaturutse muri Boston, Chicago, Los Angeles, New York, Washington DC n'ibindi byinshi.
Abari muri yo mijyi bagaragaje ko batishimiye imigambi ya Trump n'ibikorwa bye kuva yagera ku butegetsi kuko akomeje kwangiza dipulomasi ndetse n’ubukungu.
Kuva muri iki cyumweru kandi Trump atangaje ko Amerika yashyizeho imisoro ku bihugu hafi byose kw'isi yose, habaye kandi n'imyigaragambyo mu
mijyi itandukanye y’ibihugu by’i Burayi harimo umujyi wa Londres mu Bwongereza, i Paris mu Bufaransa n'i Berlin mu Budagi.
Aba bose bashinja Trump gufata icyemezo gihutiyeho bityo kikaba kizagira ingaruka zigiye zitandukanye.