Suarez na Busquets bahanwe bikomeye muri Amerika
Abanyabigwi bakina muri Inter Miami, Louis Suarez ndetse na Sergio Busquets bahawe ibihano na League Cup kubera kwitwara nabi.
Ibi bihano byagiye hanze mu ijoro ryacyeye tariki 5 Nzeri 2025, nyuma yuko ubuyobozi bushyize ahagaragara ibihano byaba bombi bitewe n'ibyo bakoze mu mukino wari wahuje Inter Miami na Seattle Sounders FC tariki 1 Nzeri 2025.
Uyu mukino wari wahuje Inter Miami na Seattle Sounders FC warangiye ikipe ya Inter Miami itsinzwe ibitego 3-0 ndetse aba ari nabyo bituma aba bakinnyi bagaragaza imyitwarire itari myiza.
Komite ishinzwe imyitwarire muri Leagues Cup yatangaje ko ihagaritse aba abakinnyi n’abatoza nyuma y’imirwano ikomeye yabaye hagati muri uyu mukino wahuje Inter Miami na Seattle Sounders FC.
Luis Suárez yahagaritswe kumara hanze y'ikibuga imikino itandatu nyuma yo kuvuga amagambo mabi no kwitwara nabi agatuka umukozi wa Sounders FC. Sergio Busquets nawe yahagaritswe kumara hanze y'ikibuga imikino ibiri kubera iyitwarire mibi.
Ntabwo aba bakinnyi ba Inter Miami ari bo gusa bahawe ibihano kuko na Tomás Avilés wa Seattle Sounders FC yahagaritswe imikino itatu ndetse na Steven Lenhart, umutoza wungirije muri iyi kipe yahagaritswe imikino itanu.
Ibi bihano byose bizakurikizwa gusa mu mikino ya Leagues Cup, ariko muri shampiyona ya Leta zunze ubumwe z'Amerika (MLS), nayo bivugwa ko ishobora gushyiraho ibindi bihano byayo byihariye kuri iyi myitwarire y'aba. Biravugwa Kandi ko aba bose bahanwe bazishyura amande atatangajwe.
Sergio Busquets yahawe kumara hanze y'ikibuga imikino 2
Louis Suarez azamara hanze y'ikibuga imikino 6


Kinyarwanda
English
Swahili









