issa
Samuel Eto’o yahanwe na CAF nyuma yo kutishimira imisifurire y’igikombe cy’Afurika

Samuel Eto’o yahanwe na CAF nyuma yo kutishimira imisifurire y’igikombe cy’Afurika

Jan 15, 2026 - 10:41
 0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu gihugu cya Cameroon, Samuel Eto’o Fils, yahawe ibihano na CAF nyuma yo kugaragaza imyitwarire itari myiza ku mukino Cameroon yasezerewemo na Marocco.


Ku wa Gatanu tariki 9 Mutarama 2026, nibwo ikipe y’igihugu ya Cameroon na Marocco zakinnye umukino wa 1/4  cy’igikombe cy’Afurika, urangira ikipe ya Marocco itsinze Cameroon ibitego 2-0.

Muri uyu mukino perezida w’ishyirahamwe rya Cameroon, Samuel Eto’o Fils yagaragaje kutishimira imisifurire ndetse abigaragaraza ari imbere y’abanyacyubahira batandukanye baturutse muri CAF ndetse no muri FIFA.

Mu ijoro ryacyeye tariki 14 Mutarama 2026, nibwo impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF, yamenyesheje Samuel Eto’o ko ahawe ibihano byo kumara imikino ine ndetse agatanga ihazabu y’ibihumbi 20 y’Amadorari.

Ntabwo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Cameroon yigeze yishimira iki cyemezo ndetse igaragaza ko habayeho kurenganywa ariko biteguye kujuririra ibi bihano byahawe n’uyu muyobozi wabo.

Ikipe y’igihugu ya Cameroon igiye gukomeza gutegura imikino yo gushaka itike yo gukina igikombe cy’Afurika cya 2027, izatangira muri Werurwe 2026. Iyi kipe kandi yasezerewe mu gushaka itike yo gukina igikombe cy’isi mu itsinda D ryavuyemo Cape Verde.  

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Samuel Eto’o yahanwe na CAF nyuma yo kutishimira imisifurire y’igikombe cy’Afurika

Jan 15, 2026 - 10:41
 0
Samuel Eto’o yahanwe na CAF nyuma yo kutishimira imisifurire y’igikombe cy’Afurika

Perezida w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu gihugu cya Cameroon, Samuel Eto’o Fils, yahawe ibihano na CAF nyuma yo kugaragaza imyitwarire itari myiza ku mukino Cameroon yasezerewemo na Marocco.


Ku wa Gatanu tariki 9 Mutarama 2026, nibwo ikipe y’igihugu ya Cameroon na Marocco zakinnye umukino wa 1/4  cy’igikombe cy’Afurika, urangira ikipe ya Marocco itsinze Cameroon ibitego 2-0.

Muri uyu mukino perezida w’ishyirahamwe rya Cameroon, Samuel Eto’o Fils yagaragaje kutishimira imisifurire ndetse abigaragaraza ari imbere y’abanyacyubahira batandukanye baturutse muri CAF ndetse no muri FIFA.

Mu ijoro ryacyeye tariki 14 Mutarama 2026, nibwo impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF, yamenyesheje Samuel Eto’o ko ahawe ibihano byo kumara imikino ine ndetse agatanga ihazabu y’ibihumbi 20 y’Amadorari.

Ntabwo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Cameroon yigeze yishimira iki cyemezo ndetse igaragaza ko habayeho kurenganywa ariko biteguye kujuririra ibi bihano byahawe n’uyu muyobozi wabo.

Ikipe y’igihugu ya Cameroon igiye gukomeza gutegura imikino yo gushaka itike yo gukina igikombe cy’Afurika cya 2027, izatangira muri Werurwe 2026. Iyi kipe kandi yasezerewe mu gushaka itike yo gukina igikombe cy’isi mu itsinda D ryavuyemo Cape Verde.