issa
Rutsiro FC yatsinze Al Hilal Omdurman perezida wayo aratangaza

Rutsiro FC yatsinze Al Hilal Omdurman perezida wayo aratangaza

Dec 15, 2025 - 20:49
 0

Rutsiro FC nyuma yo gutsinda Al Hilal Omdurman ibitego 2-1, Perezida wayo yatangaje ko yishimiye ibyo ikipe ye yagezeho nubwo byari bikomeye.


Ku isaha ya saa Kumi n'ebyiri z'umugoroba zo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Ukuboza 2025, ikipe ya Al Hilal Omdurman yakinnye umukino w'umunsi wa 11 wa Shampiyona na Rutsiro FC.

Ni umukino ikipe zombi zakinnye neza ariko Rutsiro FC itangaza abantu nyuma yo gukina umukino udasanzwe biza no kurangira itsinze ibitego 2-1 nubwo bitari byoroshye cyane.

Ikipe ya Al Hilal Omdurman ku munota wa 30, yabonye ikarita y'umutuku yahawe Girumugisha Jean Claude wakoze ikosa ahabwa ikarita y'umuhondo agatongana cyane kugeza bamwongeye indi karita birangira asohowe mu kibuga kubera amakarita abiri y'umuhondo.

Ikipe ya Rutsiro FC yahise itangira gukina isa nk'iyiretse Al Hilal Omdurman kugira ngo ikine ariko igacungira ku mipira yihuse ndetse biza no kuyibera byiza kuko yaje gutsinda igitego cya Kabiri cyayihesheje intsinzi. Ibitego byose bya Rutsiro FC byatsinzwe na Jean Kabula ndetse na Nkubito Amza. Igitego kimwe cya Al Hilal Omdurman cyatsinzwe na El Hadji Kane.

Umukino warangiye ikipe ya Rutsiro FC ibonye amanota ashimishije kuko byari bikomeye cyane. Nyuma y'umukino UKWELITIMES twaganiriye na Perezida wa Rutsiro FC, Nsanzineza Ernest atangaza ko bishimishije gutsinda ikipe nka Al Hilal Omdurman Kandi Rutsiro FC yari mu myanya y'inyuma.

Yagize ati " Birashimishije kuba ikipe ya nyuma itsinze ikipe ikomeye nka Al Hilal Omdurman, birakaze cyane."

Ikipe ya Rutsiro FC nyuma yo gutsinda uyu mukino yahise igira amanota 13 iri ku mwanya wa 12. Al Hilal Omdurman nyuma yo gutsindwa yagumanye amanota 10 ijya ku mwanya wa 16.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Rutsiro FC yatsinze Al Hilal Omdurman perezida wayo aratangaza

Dec 15, 2025 - 20:49
Dec 15, 2025 - 20:56
 0
Rutsiro FC yatsinze Al Hilal Omdurman perezida wayo aratangaza

Rutsiro FC nyuma yo gutsinda Al Hilal Omdurman ibitego 2-1, Perezida wayo yatangaje ko yishimiye ibyo ikipe ye yagezeho nubwo byari bikomeye.


Ku isaha ya saa Kumi n'ebyiri z'umugoroba zo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Ukuboza 2025, ikipe ya Al Hilal Omdurman yakinnye umukino w'umunsi wa 11 wa Shampiyona na Rutsiro FC.

Ni umukino ikipe zombi zakinnye neza ariko Rutsiro FC itangaza abantu nyuma yo gukina umukino udasanzwe biza no kurangira itsinze ibitego 2-1 nubwo bitari byoroshye cyane.

Ikipe ya Al Hilal Omdurman ku munota wa 30, yabonye ikarita y'umutuku yahawe Girumugisha Jean Claude wakoze ikosa ahabwa ikarita y'umuhondo agatongana cyane kugeza bamwongeye indi karita birangira asohowe mu kibuga kubera amakarita abiri y'umuhondo.

Ikipe ya Rutsiro FC yahise itangira gukina isa nk'iyiretse Al Hilal Omdurman kugira ngo ikine ariko igacungira ku mipira yihuse ndetse biza no kuyibera byiza kuko yaje gutsinda igitego cya Kabiri cyayihesheje intsinzi. Ibitego byose bya Rutsiro FC byatsinzwe na Jean Kabula ndetse na Nkubito Amza. Igitego kimwe cya Al Hilal Omdurman cyatsinzwe na El Hadji Kane.

Umukino warangiye ikipe ya Rutsiro FC ibonye amanota ashimishije kuko byari bikomeye cyane. Nyuma y'umukino UKWELITIMES twaganiriye na Perezida wa Rutsiro FC, Nsanzineza Ernest atangaza ko bishimishije gutsinda ikipe nka Al Hilal Omdurman Kandi Rutsiro FC yari mu myanya y'inyuma.

Yagize ati " Birashimishije kuba ikipe ya nyuma itsinze ikipe ikomeye nka Al Hilal Omdurman, birakaze cyane."

Ikipe ya Rutsiro FC nyuma yo gutsinda uyu mukino yahise igira amanota 13 iri ku mwanya wa 12. Al Hilal Omdurman nyuma yo gutsindwa yagumanye amanota 10 ijya ku mwanya wa 16.