RIB yasubije abari bibwe telefone zifite agaciro karenga miliyoni 70
Urwego rw'Ubugenzacyaha RIB, rwasubije telefone 332 zari zibwe mu mezi atanu ashize zifite agaciro ka miliyoni 70 n'ibihumbi 805 frw.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Gicurasi 2025, nibwo RIB yasubije izi telefone abari bazibwe.
Uru Rwego rwatangarije itangazamakuru ko abafatiwe muri ibi bikorwa by'ubujura ari abantu 14 barimo abazishikuzaga n'abiyitaga polisi na RIB bakajya aho bagurishiriza telefone zakoze bakazibambura.
Mu bandi berekanywe harimo umwe ukurikiranyweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy'undi hakoreshejwe uburiganya n'abandi bane bibye amafaranga.
Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, yavuze ko abibwe telefone bakwiye guhita batanga ikirego no gukoresha swap za SIM card zabo kugira ngo batibwa amafaranga bari bafiteho no kugira amakenga kuko hari abibwe telefone zabo biturutse kuburangare.
Yavuze ko hari abazibwe bari mu nsengero no mu bukwe.
Icyaha cyo kwiba giteganywa n'ingingo ya 166 y'igihano giteganya ibyaha n'ibihano muri rusange ndetse ugihamijwe n'urukiko ahanishwa igifungo cy'imyaka ibiri n'ihazabu kuva kuri miliyoni 1 ariko irarenze miliyoni 2 z'amafaranga y'u Rwanda.
THAMIMU HAKIZIMANA


Kinyarwanda
English
Swahili









