issa
RDC na AFC/M23 basinye amasezerano yo kugenzura agahenge

RDC na AFC/M23 basinye amasezerano yo kugenzura agahenge

Feb 3, 2026 - 07:54
 0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’umutwe wa AFC/M23 bashyize umukono ku byiswe Terms of Reference (amategeko ngenderwaho) i Doha muri Qatar, bigamije gutanga ububasha ku Muryango Mpuzamahanga w’Ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari (CIRGL) bwo gukurikirana no kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’agahenge.


Aya masezerano agamije gushyiraho uburyo busesuye bwo kugenzura no kwemeza ko impande zombi zubahiriza agahenge kamaze iminsi kavugwa mu biganiro bya politiki bikomeje guhuza impande zihanganye mu burasirazuba bwa RDC.

CIRGL yahawe inshingano zo gukurikirana uko agahenge gashyirwa mu bikorwa ku butaka, gukora igenzura ryigenga, gutanga raporo ku byaranzwe n’ihohoterwa iryo ari ryo ryose ryagaragara, no gutanga inama zafasha mu gukumira ko imirwano yakongera kubura.

Iyi ntambwe ifatwa nk’iy’ingenzi mu rugendo rwo gushakira umuti urambye amakimbirane amaze igihe mu burasirazuba bwa RDC, aho imirwano yahitanye abantu benshi ikanateza ikibazo gikomeye cy’impunzi n’abimuwe mu byabo.

Nubwo aya masezerano yashyizweho umukono, impande zitandukanye ziracyasabwa kugaragaza ubushake bwa politiki no gukorana bya hafi kugira ngo agahenge kabashe kubahirizwa, bityo habeho gutangira inzira irambye iganisha ku mahoro n’umutekano mu karere.

RDC na AFC/M23 basinye amasezerano yo kugenzura agahenge

Feb 3, 2026 - 07:54
 0
RDC na AFC/M23 basinye amasezerano yo kugenzura agahenge

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’umutwe wa AFC/M23 bashyize umukono ku byiswe Terms of Reference (amategeko ngenderwaho) i Doha muri Qatar, bigamije gutanga ububasha ku Muryango Mpuzamahanga w’Ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari (CIRGL) bwo gukurikirana no kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’agahenge.


Aya masezerano agamije gushyiraho uburyo busesuye bwo kugenzura no kwemeza ko impande zombi zubahiriza agahenge kamaze iminsi kavugwa mu biganiro bya politiki bikomeje guhuza impande zihanganye mu burasirazuba bwa RDC.

CIRGL yahawe inshingano zo gukurikirana uko agahenge gashyirwa mu bikorwa ku butaka, gukora igenzura ryigenga, gutanga raporo ku byaranzwe n’ihohoterwa iryo ari ryo ryose ryagaragara, no gutanga inama zafasha mu gukumira ko imirwano yakongera kubura.

Iyi ntambwe ifatwa nk’iy’ingenzi mu rugendo rwo gushakira umuti urambye amakimbirane amaze igihe mu burasirazuba bwa RDC, aho imirwano yahitanye abantu benshi ikanateza ikibazo gikomeye cy’impunzi n’abimuwe mu byabo.

Nubwo aya masezerano yashyizweho umukono, impande zitandukanye ziracyasabwa kugaragaza ubushake bwa politiki no gukorana bya hafi kugira ngo agahenge kabashe kubahirizwa, bityo habeho gutangira inzira irambye iganisha ku mahoro n’umutekano mu karere.