issa
RDC: Aracyari umusirikare wa Leta ku myaka 102

RDC: Aracyari umusirikare wa Leta ku myaka 102

Nov 7, 2025 - 17:00
 0

Minisiteri y’Ingabo n’abahoze ari abasirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko umusaza w’imyaka 102 y’amavuko, Luhembwe Alfani, akiri umusirikare w’iki gihugu.


Iyi Minisiteri yasobanuye ko uyu musirikare ufite ipeti rya ‘1er Sergent Major’ amaze imyaka 78 mu gisirikare cy’igihugu. 

Ibi bisobanuye ko uyu musaza yinjiye mu gisirikare mu 1947 habura imyaka 13 ngo iki gihugu kibone ubwigenge.

Ku Tariki ya tariki ya 6 Ugushyingo 2025, ubwo Minisitiri w’Ingabo, Guy Kabombo Muadiamvita, yagiriraga uruzinduko mu Mujyi wa Kisangani mu ntara ya Tshopo yaganiriye n’uyu musirikare nibwo yaganiriye n’uyu musirikare.

Ubwo baganiraga Minisitiri Muadiamvita yagiranye na Luhembwe ukorera i Kisangani, yamusezeranyije ko mu minsi iri imbere azahabwa ishimwe ku bwo kuba yarakoreye igihugu iyi myaka yose.

Itegeko ryo muri Repebulika Iharanira Demokarasi ya rigenga abakozi n’umurimo, riteganya ko umukozi ufite imyaka 60 asezererwa kuko aba ageze mu zabukuru, agatangira guhembwa ayo Leta yamuzigamiye mu gihe yari agifite imbaraga.

Ku basirikare, na ho ni uko ariko iyo bigeze ku basirikare bato, itegeko riteganya ko bashobora gusezererwa ku myaka 50. Ibi bisobanuye ko Luhembwe aba yarasezerewe mu 1973 ubwo Mobutu Sese Seko yari amaze imyaka ibiri ku butegetsi.

Icyakoze Minisiteri y’Umurimo igaragaza ko iri tegeko ritubahirizwa uko bikwiye bitewe n’uko hakiri ibibazo mu mitangire y’imishahara ikomoka ku mafaranga abakozi ba Leta bazigamiwe.

Ibibikaba bituma abakozi ba Leta ya RDC benshi barenza imyaka 60 bagikora kuko nta bundi buryo baba bafite bwabafasha gukomeza ubuzima.

RDC: Aracyari umusirikare wa Leta ku myaka 102

Nov 7, 2025 - 17:00
 0
RDC: Aracyari umusirikare wa Leta ku myaka 102

Minisiteri y’Ingabo n’abahoze ari abasirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko umusaza w’imyaka 102 y’amavuko, Luhembwe Alfani, akiri umusirikare w’iki gihugu.


Iyi Minisiteri yasobanuye ko uyu musirikare ufite ipeti rya ‘1er Sergent Major’ amaze imyaka 78 mu gisirikare cy’igihugu. 

Ibi bisobanuye ko uyu musaza yinjiye mu gisirikare mu 1947 habura imyaka 13 ngo iki gihugu kibone ubwigenge.

Ku Tariki ya tariki ya 6 Ugushyingo 2025, ubwo Minisitiri w’Ingabo, Guy Kabombo Muadiamvita, yagiriraga uruzinduko mu Mujyi wa Kisangani mu ntara ya Tshopo yaganiriye n’uyu musirikare nibwo yaganiriye n’uyu musirikare.

Ubwo baganiraga Minisitiri Muadiamvita yagiranye na Luhembwe ukorera i Kisangani, yamusezeranyije ko mu minsi iri imbere azahabwa ishimwe ku bwo kuba yarakoreye igihugu iyi myaka yose.

Itegeko ryo muri Repebulika Iharanira Demokarasi ya rigenga abakozi n’umurimo, riteganya ko umukozi ufite imyaka 60 asezererwa kuko aba ageze mu zabukuru, agatangira guhembwa ayo Leta yamuzigamiye mu gihe yari agifite imbaraga.

Ku basirikare, na ho ni uko ariko iyo bigeze ku basirikare bato, itegeko riteganya ko bashobora gusezererwa ku myaka 50. Ibi bisobanuye ko Luhembwe aba yarasezerewe mu 1973 ubwo Mobutu Sese Seko yari amaze imyaka ibiri ku butegetsi.

Icyakoze Minisiteri y’Umurimo igaragaza ko iri tegeko ritubahirizwa uko bikwiye bitewe n’uko hakiri ibibazo mu mitangire y’imishahara ikomoka ku mafaranga abakozi ba Leta bazigamiwe.

Ibibikaba bituma abakozi ba Leta ya RDC benshi barenza imyaka 60 bagikora kuko nta bundi buryo baba bafite bwabafasha gukomeza ubuzima.