issa
Amatora muri Tanzania akurikiwe n’imvururu: Ingabo ziraburira abigaragambya

Amatora muri Tanzania akurikiwe n’imvururu: Ingabo ziraburira abigaragambya

Oct 31, 2025 - 10:43
 0

Mu gihugu cya Tanzania, ibikorwa by’imyigaragambyo byakurikiye amatora ya perezida n’inteko ishinga amategeko byabaye ku wa gatatu bikomeje gufata indi ntera, bituma ubuyobozi bw’ingabo butanga Umuburo ukomeye ku bari mu bikorwa by’urugomo.


Mu ijambo ryanyuze kuri televiziyo y’igihugu, Jenerali Jacob John Mkunda, umugaba mukuru w’ingabo za Tanzania, yavuze ko “amategeko agomba kubahirizwa” kandi ko abateza imvururu bazabibazwa. Yongeyeho ko ingabo z’igihugu ziri gukorana n’izindi nzego z’umutekano mu guhagarika ibyo bikorwa, anasaba ababyijanditsemo guhita babireka.

Imyigaragambyo ikomeje gukaza umurego mu mijyi minini itandukanye, aho abashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bamagana ibyavuye mu matora bavuga ko byaranzwe n’uburiganya. Abigaragambya bamwe barenze umupaka binjira muri Kenya, bafunga imihanda, bacana ibirimo umuriro ndetse basenya ibyapa bya Perezida Samia Suluhu Hassan.

Ku ruhande rwa Kenya, polisi yatangaje ko abantu babiri bapfuye ubwo barimo guhunga inzego z’umutekano za Tanzania.

Ubuyobozi bwa Tanzania buravuga ko burimo gufata ingamba zikomeye kugira ngo hasubire ituze, mu gihe amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yo akomereza ku gusaba ko amatora asubirwamo kugira ngo habeho “ubutabera n’ubwisanzure mu guhitamo abayobozi.”

Amatora muri Tanzania akurikiwe n’imvururu: Ingabo ziraburira abigaragambya

Oct 31, 2025 - 10:43
Oct 31, 2025 - 10:49
 0
Amatora muri Tanzania akurikiwe n’imvururu: Ingabo ziraburira abigaragambya

Mu gihugu cya Tanzania, ibikorwa by’imyigaragambyo byakurikiye amatora ya perezida n’inteko ishinga amategeko byabaye ku wa gatatu bikomeje gufata indi ntera, bituma ubuyobozi bw’ingabo butanga Umuburo ukomeye ku bari mu bikorwa by’urugomo.


Mu ijambo ryanyuze kuri televiziyo y’igihugu, Jenerali Jacob John Mkunda, umugaba mukuru w’ingabo za Tanzania, yavuze ko “amategeko agomba kubahirizwa” kandi ko abateza imvururu bazabibazwa. Yongeyeho ko ingabo z’igihugu ziri gukorana n’izindi nzego z’umutekano mu guhagarika ibyo bikorwa, anasaba ababyijanditsemo guhita babireka.

Imyigaragambyo ikomeje gukaza umurego mu mijyi minini itandukanye, aho abashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bamagana ibyavuye mu matora bavuga ko byaranzwe n’uburiganya. Abigaragambya bamwe barenze umupaka binjira muri Kenya, bafunga imihanda, bacana ibirimo umuriro ndetse basenya ibyapa bya Perezida Samia Suluhu Hassan.

Ku ruhande rwa Kenya, polisi yatangaje ko abantu babiri bapfuye ubwo barimo guhunga inzego z’umutekano za Tanzania.

Ubuyobozi bwa Tanzania buravuga ko burimo gufata ingamba zikomeye kugira ngo hasubire ituze, mu gihe amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yo akomereza ku gusaba ko amatora asubirwamo kugira ngo habeho “ubutabera n’ubwisanzure mu guhitamo abayobozi.”